Unesco yasuzumye ikoreshwa rya AI mu buhanzi: Ibyo abategura iserukiramuco ‘Ikirenga’ bungukiye mu nama i Paris

Imyidagaduro - 28/02/2026 1:10 PM
Share:

Umwanditsi:

Unesco yasuzumye ikoreshwa rya AI mu buhanzi: Ibyo abategura iserukiramuco ‘Ikirenga’ bungukiye mu nama i Paris

Mu gihe isi yihuta mu ikoranabuhanga rishingiye kuri Artificial Intelligence (AI), hagenda havuka ibibazo n’amahirwe bishya ku nganda ndangamuco n’ubuhanzi. Ni muri urwo rwego mu cyumweru gishize i Paris mu Bufaransa habereye inama mpuzamahanga yiga ku ishyirwa mu bikorwa rya “Convention on the Protection and Promotion of the Diversity of Cultural Expressions”, aho hanasuzumwe ingaruka za AI ku buhanzi n’umuco.

Iyi nama yahuje abahagarariye ibihugu, inzego za Leta, sosiyete sivile, abafite mu nshingano umuco, binyuze muri Civil Society Forum. Mu bayitabiriye harimo abategura iserukiramuco “Ikirenga Art and Culture Promotion” na “Rwanda Creative Coalition”, bitabiriye nk'abanyamuryango ariko batemerewe gufata imyanzuro.

Ijambo ryatanzwe na Hakizimana Pierre utegura iserukiramuco rya ‘Ikirenga’, ryagarutse ku nshingano n’umusanzu wabo muri iyi nama, rinasobanura impamvu AI ikwiriye kwitabwaho mu buryo bwihariye mu nganda ndangamuco.

Muri iyi nama, hagaragajwe intambwe imaze guterwa mu gushyira mu bikorwa ibyemezo byafashwe ku bijyanye n’uko ‘Convention’ ikoreshwa mu isi y’ikoranabuhanga rihinduka vuba.

Uburyo amabwiriza ngengamikorere yavugururwa kugira ngo agaragaze neza ingaruka za AI ku nganda ndangamuco;

Isesengura ry’amahitamo y’amategeko ashoboka mu gukomeza gushimangira urwego rw’amategeko rwa Convention;

Uko hashyirwaho uburyo burambye bwo kurengera uburenganzira bw’abahanzi mu gihe AI igenda irushaho kwinjira mu rujya n’uruza rw’umuziki, amashusho, ubuvanganzo n’ibindi.

Nk’abahagarariye sosiyete sivile, Ikirenga na Rwanda Creative Coalition bashimangiye ko: Iterambere rya AI rigomba kubahiriza uburenganzira bw’abahanzi n’abanyabugeni;

Ikoranabuhanga ridakwiye gusimbura umwimerere n’agaciro k’umuco w’ibihugu; AI ikwiye kuba igikoresho gishyigikira guhanga, aho kugusimbura.

Bagaragaje kandi ko ari ingenzi ko amategeko avugururwa hakiri kare, mu rwego rwo gukumira ibibazo bishobora kuvuka birimo gukoresha ibihangano by’abandi nta burenganzira, cyangwa gutesha agaciro umwimerere w’ibihangano.

Nk’uko byagarutsweho, ibihugu biri mu nzira y’iterambere biracyakeneye: Hakenewe kwagurirwa amahirwe ku masoko mpuzamahanga; gushyigikirwa mu kubaka ubushobozi bw’abahanzi; no kwegerezwa ikoranabuhanga n’amikoro.

Abagize sosiyete sivile bibukije ko iri hame ridakwiye kuguma ku mpapuro gusa, ahubwo rikwiye gushyirwa mu bikorwa mu buryo bufatika, ku buryo umuhanzi wo mu gihugu nk’u Rwanda na we abasha kugera ku isoko mpuzamahanga adaheranwa n’imbogamizi z’ikoranabuhanga n’amikoro.

Abitabiriye inama bishimiye kandi ko hemejwe ingengo y’imari y’agateganyo ya 2026–2027 y’Ikigega Mpuzamahanga cy’Iterambere ry’Umuco (International Fund for Cultural Diversity).

Iki kigega gifite uruhare rukomeye kuko: Gishyigikira imishinga itanga impinduka mu nganda ndangamuco; giteza imbere politiki z’umuco; gishyigikira udushya n’imishinga y’abahanzi bo mu bihugu biri mu nzira y’iterambere.

Hakizimana Pierre utegura iserukiramuco ‘Ikirenga’, yashimye uburyo inkunga zisabwa muri gahunda ya 16 y’imishinga zasuzumwe kandi zigaterwa inkunga, ashimangira ko ibi byongera icyizere ku bahanzi n’imiryango ibahagarariye.

Nk’indorerezi muri iyi nama, Ikirenga Art and Culture Promotion na Rwanda Creative Coalition batangaje ko: Bakurikiranye ibiganiro mu mucyo n’ubunyamwuga; batanze ibitekerezo bigamije guteza imbere umuco n’ubuhanzi; bubakiye ku bunararibonye bw’u Rwanda mu guteza imbere urwego rw’umuco rujyana n’igihe.

Banahize ko bazakomeza gukangurira abahanzi kumenya no gukoresha amahirwe atangwa n’iya nama ya Unesco; gukorana na Leta n’abafatanyabikorwa mu gushyira mu bikorwa ibyemezo byafashwe; guteza imbere ubuvugizi bugamije kurengera uburenganzira bw’abahanzi mu bihe bya AI.

Mu gusoza, Hakizimana Pierre yashimangiye ko ‘Convention’ ya 2005 ikiri inkingi ikomeye mu kurengera no guteza imbere itandukaniro ry’umuco ku isi.

Yagaragaje ko mu gihe isi igenda ihinduka kubera ikoranabuhanga, hakenewe: gukorana hagati ya Leta, sosiyete sivile n’abahanzi; kubaka amategeko arambye kandi ajyanye n’igihe; no ushyigikira ibihugu biri mu nzira y’iterambere kugira ngo na byo bigire uruhare rugaragara ku isoko mpuzamahanga ry’umuco.

Ikirenga Art and Culture Promotion na Rwanda Creative Coalition byiyemeje gukomeza kuba ijwi ry’abahanzi n’abanyabugeni, no guteza imbere umuco nk’inkingi y’iterambere rirambye, cyane cyane mu gihe AI igenda ifata umwanya munini mu buzima bwa buri munsi.

Iyi nama yabereye i Paris yasize ubutumwa bukomeye ko ikoranabuhanga rirahari kandi rizakomeza kwaguka, ariko umuco n’ubuhanzi bigomba gukomeza kuba umutima w’iterambere, bidateshejwe agaciro n’iterambere rya AI.


Mu nama ya UNESCO yabereye i Paris, hagenzuwe uko AI iri guhindura inganda ndangamuco, ‘Ikirenga’ na Rwanda Creative Coalition batanga umusanzu mu kurengera uburenganzira bw’abahanzi


Hakizimana Pierre utegura iserukiramuco ‘Ikirenga’ yagejeje ijwi ry’u Rwanda mu nama mpuzamahanga ya UNESCO, asaba ko ikoreshwa rya AI ryubahiriza umwimerere n’agaciro ku muco 

Mu biganiro byibanze ku ikoreshwa rya AI no gushyigikira ibihugu biri mu nzira y’iterambere, ‘Ikirenga’ yashimangiye ko umuco ugomba kurindwa no gutezwa imbere mu bihe by’ikoranabuhanga rigezweho


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...