Uncle Austin yasubiye kuri Kiss Fm nyuma y’amezi umunani

Imyidagaduro - 06/11/2022 10:21 AM
Share:

Umwanditsi:

Uncle Austin yasubiye kuri Kiss Fm nyuma y’amezi umunani

Guhera kuri uyu wa Mbere tariki 7 Ugushyingo 2022, umunyamakuru akaba n’umujyanama w’abahanzi, Luwano Tosh uzwi nka Uncle Austin arongera kumvikana ku nyakiramajwi za Radio Kiss Fm yumvikanira kuri 102.3 Fm.

Amezi umunani yari ashize Uncle Austin asezeye kuri Kiss Fm, kuko ku wa 15 Gashyantare 2022 ari bwo yatanze ibaruwa isezera ku mugaragaro.

Akimara kuva kuri Kiss Fm yaguze imigabane muri Power Fm anatangira kuyikoraho, ariko kuva muri Nzeri 2022 yatandukanye nayo.

Ubwo yatangazaga ko yatangiye gukorera Power Fm, yabwiye InyaRwanda ko atigeze atekereza kuva kuri Kiss Fm kugeza ubwo mu 2021 ahuye n’umushoramari bahuje imbaraga, biyemeza gushinga Power Fm yahoze ari Vision Fm.

Icyo gihe yagize ati “Ntabwo nigeze ntekereza kuva kuri Kiss Fm, kugeza umwaka ushize (2021) ubwo nabonaga umufatanyabikorwa."

Kuva mu ntangiriro z’iki Cyumweru, bamwe mu banyamakuru ba Kiss Fm batangiye guca amarenga y’igaruka rya Uncle Austin kuri iyi Radio.

Abarimo Sandrine Isheja Butera bifashe amashusho basubiramo ijambo ‘wazaaaaaaa’, mu buryo bw’amasegonda Uncle Austin yatangaga ku bantu bashakaga gutsinda amafaranga n’ibindi bihembo byabaga byateganyijwe.

Kuri iki Cyumweru tariki 6 Ugushyingo 2022, Uncle Austin umaze imyaka 15 mu itangazamakuru yanditse kuri konti ye ya Twitter avuga ko akunda gufasha abakiri bato cyane cyane mu gisata cy’ubuzima abarizwamo (showbiz).

Yavuze ko we n’umufatanyabikorwa kuri Power Fm bazamuye impano nshya ‘uyu munsi ntewe ishema n’abo bavuyemo mu gihe gito’.

Uncle Austin yavuze ko mu buryo bw’ubushabitsi ushobora imari ahantu hagufasha gukomeza kwaguka, cyangwa se hatanga icyizere cy’ibiramba, cyangwa se ukaba wahitamo guharira abandi. 

Yashimye uwo bari bafatanyije gushinga Power Fm bakomeje kuba inshuti nziza. Ati “Byari byiza gukorana nawe."

Yaboneyeho kuvuga ko guhera kuri uyu wa Mbere ijwi rye ryumvikana kuri ‘Micro’ za Radio Kiss Fm, kandi yari akumbuye kuvugira ku ndangururamajwi. Ati “Nizere ko nazo zinkumbuye (Microphone)."

Austin yigeze kuvuga ko mu gihe yamaze kuri Kiss Fm yishimira impinduka yakoze kuri Kiss Fm, kandi ko mu isesengura bakoraga, ryerekanaga ko ibiganiro yatangije bikunzwe mu baturage.

Austin yumvikanisha ko mu mishinga yose yakoreye kuri Kiss Fm, yishimira ibihembo bya Kiss Summer Awards yatangije. Avuga ko ibi ari ibintu yakuze ashaka gukora.

 

Uncle Austin yasubiye kuri Kiss Fm nyuma y’amezi umunani atandukanye nayo 

Uncle Austin yumvikanishije ko mu buryo bw’ubushabitsi ushora imari ahaguha icyizere cy’ibiramba 

Uncle Austin agiye gukomeza urugendo rw’imyaka umunani yari amaze kuri Kiss Fm


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...