Uyu mukino wabereye i Glasgow muri Scotland, wahuzaga Abdul w'imyaka 25 na Damar Thomas w'u Bwongereza mu cyiciro cy'abateramakofe bafite ibiro birengeje 90 (super-heavyweight).
Yaburiwe inshuro eshatu mbere yo kwirukanwa
Aziz Abdul
yari amaze guhabwa gasopo inshuro ebyiri kubera amakosa yakoze mu mukino. Mu
gice cya gatatu cy'umukino, umusifuzi yamwirukanye nyuma yo kubona ko yakubise
Damar Thomas umutwe nkana, ibintu bifatwa nk'ikosa rikomeye mu mukino
w'iteramakofe.
Icyo cyemezo cyahise gituma Damar Thomas akatisha itike ya 1/2 cy'irangiza, bimuhesha amahirwe yo kwegukana umudali w'umuringa, kuko abagera muri iki cyiciro bose bahita bawuhabwa.
Nyuma y'umukino, Thomas yavuze ko yishimiye gukomeza, ariko ko atari ko yifuzaga gutsinda. Ati: "Nishimiye ko ngeze muri 1/2 cy'irangiza kandi ko mfite umudali. Ariko si uku nifuzaga gutsinda."
Yashinje abasifuzi ivangura rishingiye ku ruhu
Nyuma yo kwirukanwa, Aziz Abdul ntiyigeze yemera icyemezo cyafashwe n'abasifuzi. Yavuze ko atakubise mugenzi we umutwe nkana, ahubwo ko yari ari kugerageza kwisubiza mu mukino nyuma yo gusubizwa inyuma.
Yanavuze ko mugenzi we yamukubise inkokora ariko abasifuzi ntibabyiteho. Yagize ati: "Icyemezo bafashe ntabwo gikwiye. Sinari ngambiriye kumukubita umutwe. Yankubise inkokora, ariko ibyo ntibyigeze bihabwa agaciro."
Yakomeje ashinja abasifuzi kubogama, avuga ko impamvu yafatiwe icyo cyemezo ari uko ari "Umunyafurika w'umwirabura" wari uhanganye n'umukinnyi ukinira iwabo.
Yagize ati: "Ndi Umunyafurika w'umwirabura. We ari gukinira hafi y'iwabo. Nari nabibonye ko nintamutsinda hakirikare, ntari butsinde uyu mukino."
Yanavuze ko mu yindi mikino yakurikiye yabonye abakinnyi b'u Bwongereza bakora amakosa menshi ariko ntibahanwe nk'uko we yahanwe.
Mbere y'umukino yari yavuze ko ashaka kuba 'Umwami wa Scotland'
Mbere yo kwinjira mu kibuga, Abdul yari yabwiye BBC amagambo yakuruye impaka, avuga ko ashaka kuba "Umwami mushya wa Scotland."
Aya magambo yibutsa uburyo sekuru, Idi Amin, mu 1976 yigeze kwiha izina ridasanzwe rya "King of Scotland", nubwo atigeze ayobora icyo gihugu. Iryo zina ryabaye kimwe mu bimenyetso by'imvugo zidasanzwe zarangaga Idi Amin mu gihe yari ku butegetsi.
Idi Amin ni muntu ki?
Idi Amin yafashe ubutegetsi bwa Uganda mu ihirikwa ryabaye mu 1971, ayobora igihugu kugeza mu 1979.
Yamenyekanye nk'umwe mu bategetsi b'igitugu babi Afurika yagize, aho imibare y'imiryango iharanira uburenganzira bwa muntu igaragaza ko ku butegetsi bwe abantu bagera hagati ya 300,000 na 500,000 bishwe.
Kubera ubugome bwamuranze, yahawe amazina arimo "Butcher of Uganda". Aziz Abdul yavuze ko atigeze ahura na sekuru, kuko yavutse nyuma y'uko Idi Amin amaze igihe kinini apfuye bityo ko ibyo batabimuhora.
Mbere yo gusezererwa, Abdul yari afite amahirwe yo kuba umwe mu bakinnyi bari guha Uganda umudali wa mbere mu iteramakofe muri Commonwealth Games kuva mu 1990.
Ariko kwirukanwa kwe byahise birangiza izo nzozi, mu gihe Damar Thomas we yakomeje urugendo rwe rugana ku mukino wa nyuma.
Nubwo Abdul akomeje gutsimbarara ko yarenganyijwe, abategura Commonwealth Games 2026 ntibaratangaza ko bazasubiramo icyemezo cyafashwe n'abasifuzi, bivuze ko gusezererwa kwe kwagumyeho.


Umwuzukuru wa Idi Amin yasezerewe mu mikino ya Commonwealth, ashinja abasifuzi ivangura
