Umwiza cyane w'Amerika! Ba Perezida b'Amerika bahaye icyubahiro Dolly Parton witabye Imana

Imyidagaduro - 26/08/2026 1:07 PM
Share:

Umwanditsi:

Umwiza cyane w'Amerika! Ba Perezida b'Amerika bahaye icyubahiro Dolly Parton  witabye Imana

Abahoze ari ba Perezida b’Amerika bakiriho, bose batangaje ubutumwa bwo guha icyubahiro Dolly Parton witabye Imana, bashimagiza umurage asize mu muziki, ibikorwa bye by’ubugiraneza ndetse n’uruhare yagize mu guteza imbere umuco w’Abanyamerika.

Perezida w’Amerika Donald Trump yategetse ko amabendera y’Amerika yururutswa kugeza mu cya kabiri mu gihe cy’icyumweru uhereye ku munsi w’ejo ku wa kabiri, mu rwego rwo guha icyubahiro umuhanzi Dolly Parton wapfuye afite imyaka 80.

Perezida Trump, mu butumwa yatangaje ku rubuga rwa Truth Social, yagize ati: “Iki ni igihombo nyacyo ku bantu babarirwa muri za miliyoni. Nta wigeze abaho umeze nka we, kandi nta n’uzigera abaho umeze nka we.”

Yasoje agira ati: “Dolly, Uruhukire mu Mahoro! Isi iragukunda.”

Abahoze ari ba Perezida b’Amerika bakiriho, bose na bo batangaje ubutumwa bwo guha icyubahiro Dolly Parton, bashimagiza umurage asize mu muziki, ibikorwa bye by’ubugiraneza ndetse n’uruhare yagize mu guteza imbere umuco w’Abanyamerika.

Bill Clinton

Bill Clinton yavuze ko Dolly Parton yari umwanditsi w’indirimbo n’umuhanzi “wihariye”, kandi ko yagezaga ku bantu “inkuru z’ubuzima bwa buri munsi bw’Abanyamerika mu buryo burimo ukuri, ukwicisha bugufi kandi buvuye ku mutima.”

Yavuze ko we n’umugore we akaba n’uwahoze ari Minisitiri w'ububanyi n'amahanga w'Amerika, Hillary Clinton, bari abafana bakomeye ba Dolly kuva bamubona mu mwaka wa 1974. Yashimagije kandi uruhare Dolly yagize mu guteza imbere gusoma no kwandika.

George W Bush

George W Bush yavuze ko we n’umugore we Laura bakundaga umuziki wa Dolly n’imyambarire ye.

Yagize ati: “Yari umuhanzi ushimisha abantu cyane, ariko akaba n’umuntu mwiza kurushaho. Twubahaga ibikorwa bye byo guteza imbere gusoma no kwandika, guharanira ubuzima bwiza ndetse no gufasha abaturage [gutera imbere].”

Barack Obama

Barack Obama yanditse ati: “Biragoye gutekereza umuntu wagize uruhare runini kurusha Dolly Parton.”

Nuko arondora bimwe mu bikorwa bya Parton by’ubugiraneza n’ibihembo byinshi yagiye ahabwa.

Joe Biden

Joe Biden yavuze ko Dolly Parton yari “umuntu waharaniye ubudacogora uburenganzira bw’abagore n’uburinganire”, nka bimwe mu bindi yaharaniye.

Yongeyeho ati: “Ariko wenda icy’ingenzi cyane kurushaho, Dolly yafataga buri muntu wese neza kandi akamwubaha.”



Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...