Ibi yabigaragaje ku wa
Gatatu abinyujije mu butumwa bwacicikanye ku mbuga nkoranyambaga, cyane cyane
kuri X (yahoze ari Twitter). Tufab yasohoye amafoto y’ubutumwa bivugwa ko yohererejwe na Davido, asaba ko nihagira ikibi kimubaho, Davido ari we
akwiye kuzabibazwa.
Mu butumwa bwagiye
hanze, Davido yashinjaga Tufab kuba yaramwise “Osakpolo”—izina avuga ko adakunda. Yongeyeho ko ari umwe mu
itsinda rya “Aye”, anita Tufab “inyoni”.
Ubutumwa bwa Davido
bwagiraga buti: “Izina ryanjye si
Osakpolo, ndakuraburira. Nibyo gusa mvuga. Wowe uri inyoni, njye ndi Aye, reka dukine umukino.”
Mu gusubiza, Tufab
yahakanye ko yigeze kumwita iryo zina ndetse anavuga ko nta shingiro ryo
kumushinja kuba mu mashyirahamwe y’amayobera. Yagize ati:
“Sinigeze nkwita iryo zina. Kandi
ndagusaba ureke kuntera ubwoba. Njye nawe twarenze ibi byose. Sinigeze mvuga
ikintu na kimwe kigutera igikomere.”
Yakomeje agira ati: “Nashyize ibi mu ruhame kugira ngo nirinde. Mbere na mbere ndasobanura ko ntari mu ishyirahamwe na rimwe ry’amayobera, kandi nta kibazo ngirana n’ababirimo. Nk’uko mubibona muri aya mafoto, ndi guterwa ubwoba kandi si ubwa mbere bibaye.
Ibi bintu byabaye inshuro
nyinshi. Sinzi uwo avuga ngo ‘dukine umukino’, ariko nigeze kubona ibintu
nk’ibi mu buzima busanzwe no mu mafilime. Ubu ubuzima bwanjye buri mu kaga,
kandi nihagira ikiramuka kimbayeho, muzamenya uwo mubibaza. Icyo nshaka ni ukwirinda
no kwirengera.”
Ibi byahise bitera impaka ku mbuga nkoranyambaga, aho abantu benshi bagaragarije Davido ko batishimiye uburyo bivugwa ko yitwaye.
Umwe mu nshuti za hafi za Wizkid yashinje Davido kumutera ubwoba, arishinganisha