Uyu
muhanzikazi wegukanye ibihembo bitandukanye yavuze ko n'ubwo icyo gihe yari mu
bihe byiza by'umuziki we, inyuma y'ibyo abantu babonaga yari aremerewe
n'ibibazo by'amarangamutima byamukururiraga kwiheba.
Mu
kiganiro yagiranye n'itangazamakuru, Sheebah yavuze ko hari igihe yumvaga nta
muntu umwitayeho ndetse akumva ko aramutse acecetse burundu cyangwa akava ku
Isi, abantu benshi babyakira nk'igisubizo ku byo bamuvugagaho.
Yagize
ati: "Buri muhanzi agera igihe akumva nta muntu umwitayeho. Hari n'igihe
wibaza uti 'ndamutse ncecetse ubu cyangwa nkapfa ubu, birashoboka ko abantu
bose baruhuka bakareka kumbwira ibyo bambwira.'"
Sheebah
yavuze ko umwaka wa 2018 wabaye umwe mu myaka yamugoye cyane, n'ubwo ari na wo
wari umwe mu myiza ku ruhande rw'ibikorwa bye bya muzika.
Yasobanuye
ko nyuma yo kugura ikibanza kiri mu gace ka Munyonyo mu 2016, yamaze umwaka wa
2017 azigama amafaranga yo kuzatangira kubaka mu mwaka wakurikiyeho. Icyakora,
muri urwo rugendo rwo gukora cyane ashaka kugera ku ntego ze, yisanze yinjiye
mu bihe byo kwiheba bikomeye.
Ati:
"Naguze ubutaka i Munyonyo mu 2016. Mu 2017 natangiye kuzigama kugira ngo
nzubake, maze mu 2018 mbona ko igihe kigeze. Ariko ni bwo natangiye kubona ko
ntari mu ruganda rusanzwe rw'imyidagaduro."
Uyu
muhanzikazi yavuze ko kwiheba kwe kutatewe n'ikintu kimwe cyihariye, ahubwo
byaturutse ku kuba yaramenye ko umuziki wamuhaga ibyishimo byinshi ari na wo
ushobora kumutera ububabare bukomeye kurusha ibindi byose.
Yagize
ati "Kwiheba ntibiterwa n'ikintu kimwe. Biterwa no kubona ko cya kintu
cyaguhaga ibyishimo byinshi mu buzima bwawe ari na cyo gishobora kugutera
agahinda gakomeye kurusha ibindi."
Sheebah
Karungi ni umwe mu bahanzikazi bafite izina rikomeye muri Uganda no muri
Afurika y'Iburasirazuba, aho amaze imyaka irenga 15 ari mu bafite abakunzi
benshi ndetse n'ibihangano byakunzwe ku rwego mpuzamahanga.
Icyakora
ubuhamya bwe bugaragaza ko n'abantu baba bagaragara nk'abageze ku ntsinzi
bashobora kunyura mu bibazo bikomeye by'ubuzima bwo mu mutwe, n'ubwo akenshi
bitagaragarira amaso ya benshi.

