“Umuziki wa Uganda ugeze aharindimuka” - Ykee Benda

Imyidagaduro - 25/06/2025 9:14 AM
Share:

Umwanditsi:

“Umuziki wa Uganda ugeze aharindimuka” - Ykee Benda

Umuhanzi w’Umunya-Uganda Ykee Benda, uzwi cyane mu ndirimbo ‘Farmer’ ndetse akaba azwiho no kuba ari nyiri inzu itunganya umuziki ya Mpaka Records, yatangaje ko uruganda rw’umuziki muri Uganda ruri mu bihe bikomeye, avuga ko rwamaze kugwa.

Mu kiganiro aherutse kugirana n’itangazamakuru, Ykee Benda yavuze ko ibibazo byugarije umuziki wa Uganda byarenze urwego rw’umuhanzi ku giti cye, ahubwo bimaze kuba ikibazo rusange. Ati: “Uruganda rw’umuziki rwaraguye. Ubu nta muhanzi ushobora gukora igitaramo gikomeye nyuma y’igihe kinini adasohora indirimbo nshya ngo rigende neza. Twese turabibona.”

Uyu muhanzi yagaragaje ko abafana batakijya mu bitaramo gusa kubera gukunda umuhanzi, ahubwo baba bashaka ikintu gishya gituma bitabira. Iyo ntacyo babonye, ngo benshi bahitamo kutajya mu gitaramo.

Ykee Benda yavuze ko aherutse gukorera igitaramo kuri Serena Hotel, aho yinjije agera kuri miliyoni 98 z’amashilingi ya Uganda. Ati: “Iyo wongeyeho ibindi bitaramo, intego n’ingengo y’imari biratandukana. Ariko nka Serena, igitaramo gishobora kunguka bitewe n’icyiciro cy’abagukurikirana n’uburyo wacyiteguye.”

Yongeyeho ko uko ibintu bihagaze ubu, igitaramo gishobora guhomba n’iyo cyaba cyateguwe n’umuhanzi ukomeye, igihe nta gishya azanye ku isoko ry’umuziki.

Mu minsi ishize, Ykee Benda aherutse gutungura abantu ubwo yateraga ivi asaba umukunzi we Emilly ko yamubera umugore, mu birori byabereye ahitwa Divine Resort ku nkengero z’amazi. Iki gikorwa cyakozwe mu ibanga, ariko amashusho n’amafoto yacyo yahise akwira ku mbuga nkoranyambaga.

Uyu muhanzi w’imyaka 32 aherutse no gutangaza ko ashaka kubaka urugo rufite intego, ndetse ko ariyo mpamvu yafashe icyemezo cyo gusaba Emilly ko bazabana mu buryo bwemewe n’amategeko. Ati: “Ubuzima bugira agaciro iyo hari umuntu uguhora hafi, cyane cyane mu gihe cy’izabukuru. Ibyo ni ingenzi cyane.”

Ykee Benda ari mu bahanzi bo muri Uganda bagiye bakorana n’Abanyarwanda. Yigeze gukorana indirimbo na Urban Boys (Nipe) ndetse na Marina (Ndokose). Ni umwe mu bahanzi bafite izina rikomeye i Kampala kandi bakomeje kugira uruhare mu kuzamura umuziki wa Afurika y’Iburasirazuba.

Ykee Benda yagaragaje ko uruganda rwa muzika muri Uganda rurimo ibibazo

Uyu muhanzi aherutse gutungurana arapfukama asaba umukunzi we kumubera umugore


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...