Umuyobozi w'umutekano muri Amerika yabyiniye ku rukoma nyuma y'isezererwa rya Iran mu Gikombe cy’Isi

FIFA - Igikombe cy'Isi 2026 - 01/07/2026 4:59 AM
Share:

Umwanditsi:

Umuyobozi w'umutekano muri Amerika yabyiniye ku rukoma nyuma y'isezererwa rya Iran mu Gikombe cy’Isi

Umuyobozi wa Minisiteri y'Umutekano w'Imbere muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika (Department of Homeland Security), Markwayne Mullin, yatangaje ko yabyiniye ku rukoma nyuma y'uko ikipe y'igihugu ya Iran isezerewe mu matsinda mu Gikombe cy'Isi cya 2026.

Iran yasoreje urugendo rwayo mu irushanwa nyuma yo kubura itike yo gukomeza muri 1/16 ku munota wa nyuma, kuko igitego yari yatsinze Misiri mu nyongera z'umukino cyanzwe kubera kurarira.

Nubwo Iran yanganyije na Misiri igitego 1-1, yari igifite amahirwe yo gukomeza nk'imwe mu makipe 8 yabaye aya gatatu yitwaye neza. Icyakora ayo mahirwe yarangiye burundu nyuma y'uko Algeria na Austria zinganyije ibitego 3-3, bituma Iran isezererwa ku mugaragaro.

Nk’uko tubikesha BBC Sport, mu kiganiro yagiranye n'abanyamakuru ku wa Mbere, Mullin yavuze ko yishimiye cyane ko Iran itakiri muri Amerika.

Yagize ati: "Nishimiye ko barangije amarushanwa kandi batazongera kuba hano. Nishimye cyane igihe twahagarikaga visa zabo maze tubasaba kuva ku butaka bwa Amerika. Ndetse nshobora kuba naririmbye indirimbo cyangwa nkabyina kubera ibyishimo."

Yakomeje avuga ko nta yindi kipe yabagoye mu bijyanye n'umutekano n'ibyangombwa kurusha Iran. Ati: "Nta yindi kipe twamazeho igihe kinini tuyikemurira ibibazo nk'uko byagenze kuri Iran."

Mbere y'uko Igikombe cy'Isi gitangira, Iran yari yarimuriwe ikibuga yakoreragamo imyitozo, kivanywe muri Leta ya Arizona kijyanwa mu mujyi wa Tijuana muri Mexique.

Nanone kandi, abakinnyi bayo bahuye n'amabwiriza akomeye y'ingendo, aho bemererwaga kwinjira muri Amerika umunsi umwe mbere y'imikino ibiri ya mbere, bakanasabwa kuyivamo ku munsi nyirizina umukino urangiriye.

Aya mabwiriza yaje koroshywa gato mbere y'umukino wa nyuma wo mu matsinda wabereye i Seattle, bemererwa kugera muri Amerika iminsi ibiri mbere y'umukino. Gusa nyuma yawo bongeye gusubizwa muri Mexique nk'uko amabwiriza ya visa yabiteganyaga.

Umutoza wa Iran, Amir Ghalenoei, yavuze ko igihugu cye cyafashwe nabi n'Amerika muri iri rushanwa, ashimangira ko ikipe ye yahawe igihe gito cyane cyo kwitegura ugereranyije n'andi makipe.

Yagize ati: "Twafashwe mu buryo butarimo ubutabera. Twabonye igihe kiri munsi ya kimwe cya kabiri cy'icyo twari dukeneye kugira ngo twitegure neza amarushanwa."

Ibi byose byabaye mu gihe umubano hagati ya Iran, Amerika na Israel wari ukomeje kuzamo ubushyamirane, ibintu byagize ingaruka no ku myiteguro ndetse n'urugendo rw'ikipe ya Iran muri iri rushanwa.


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...