Umuyobozi w’umupira w’amaguru mu Butaliyani yeguye nyuma yo kubura itike y'igikombe cy'isi cya 2026

Imikino - 04/04/2026 8:24 AM
Share:

Umwanditsi:

Umuyobozi  w’umupira w’amaguru mu Butaliyani yeguye nyuma yo kubura  itike y'igikombe cy'isi cya 2026

Umuyobozi w’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Butaliyani (FIGC), Gabriele Gravina, yeguye ku mirimo ye nyuma y’uko ikipe y’igihugu y’abagabo inaniriwe kubona itike y’Igikombe cy’Isi ku nshuro ya gatatu yikurikiranya.

Gravina yatangaje ko asezeye ku buyobozi nyuma y’inama yabereye ku cyicaro cya FIGC i Roma ku wa Kane. Ibi byakurikiye igitutu cyari kimaze iminsi gishyirwaho na Minisitiri wa Siporo, Andrea Abodi, wari wamusabye kwegura.

Ikipe y’igihugu y’u Butaliyani, ifite ibikombe bine by’Isi, yongeye gutsindwa mu mikino ya kamarampaka ku wa Kabiri, itsinzwe na Bosnia and Herzegovina kuri penaliti. Ibi bivuze ko itazitabira Igikombe cy’Isi cya 2026 kizabera muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Canada na Mexico.

Uku gutsindwa kwateye ihungabana rikomeye mu mupira w’amaguru w’u Butaliyani, bituma Gravina ahita ahindura icyemezo yari yarafashe cyo gutegereza inama y’ubuyobozi bwa FIGC yari iteganyijwe mu cyumweru gitaha kugira ngo atangaze ahazaza he.

FIGC yatangaje ko amatora yo gushaka Perezida mushya azaba tariki ya 22 Kamena 2026. Mu bantu bavuga ko bashobora gusimbura Gravina, harimo Giovanni Malago wahoze ayobora Komite Olempike y’u Butaliyani.

Si we wenyine wavuye mu nshingano ze, kuko n’umutoza mukuru w’ikipe y’igihugu, Gennaro Gattuso, na we biteganyijwe ko azegura, mu gihe umuyobozi mukuru (General Manager) Gianluigi Buffon, wahoze ari umunyezamu w’icyamamare, yamaze gutangaza ko yeguye.

Kunanirwa kugera mu Gikombe cy’Isi cya mbere kizitabirwa n’amakipe 48 byatumye Minisitiri wa Siporo avuga ko umupira w’amaguru w’u Butaliyani ukeneye kuvugururwa guhera hejuru mu buyobozi.

Gravina yari yatowe kuyobora FIGC mu Ukwakira 2018, asimbuye Carlo Tavecchio weguye nyuma y’uko u Butaliyani butabashije kujya mu Gikombe cy’Isi cya 2018.

Mu gihe cye cy’ubuyobozi, ikintu gikomeye cyagezweho ni ugutsinda igikombe cya Euro 2020, aho u Butaliyani bwatsinze u Bwongereza ku mukino wa nyuma wabereye i Wembley.

Icyakora, kunanirwa kujya mu Gikombe cy’Isi inshuro ebyiri zikurikirana no kutitwara neza mu kurinda igikombe cya Euro, byashyize Gravina mu mwanya utamworoheye, bituma afata icyemezo cyo kwegura.

Ibibazo by’umupira w’amaguru mu Butaliyani ntibigarukira ku ikipe y’igihugu gusa, kuko n’amakipe akina shampiyona yabo (Serie A) amaze igihe atitwara neza ku rwego mpuzamahanga, aho nta na rimwe aratsinda Champions League kuva mu 2010.

U Butaliyani bufite gahunda yo kwakira Igikombe cy’u Burayi (Euro 2032) bufatanyije na Turukiya, ariko Perezida wa UEFA, Aleksander Ceferin, yaburiye iki gihugu ko gishobora kwamburwa ayo mahirwe niba kidateje imbere ibikorwaremezo by’imikino.

Yagize ati: “Nizera ko ibikorwaremezo bizaba byiteguye. Niba bitagenze bityo, irushanwa ntirizabera mu Butaliyani.”

Nubwo umupira w’amaguru uhura n’ibibazo, u Butaliyani bukomeje kwitwara neza mu yindi mikino. Mu mikino Olempike y’imbeho yabereye i Milano Cortina, bwegukanye imidari 30 harimo 10 ya zahabu, ndetse no mu mikino Olempike yo mu mpeshyi yabereye i Paris mu 2024, bwatahanye imidari 40.

Iki gihugu gifite kandi ibyamamare mu yindi mikino, nk’umukinnyi wa tennis Jannik Sinner umaze kwegukana ibikombe bine bya Grand Slam.

Icyakora, amagambo Gravina yavuze ku wa Kabiri asebya indi mikino ayita iy’abakina ku rwego rwo hasi, yateje impaka, bituma benshi bamunenga mu gihe yari asanzwe anengwa kubera ibibazo by’umupira w’amaguru w’igihugu.




Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...