Marie Louise uyobora ikinyamakuru Intego yambikanye impeta n’umudage - AMAFOTO

Utuntu nutundi - 22/06/2015 9:24 PM
Share:
Marie Louise uyobora ikinyamakuru Intego  yambikanye impeta n’umudage - AMAFOTO

Umuyobozi mukuru w’ikinyamakuru INTEGO News Paper, Uwizeyimana Marie Louise yambikanye impeta n’umukunzi we Paul ITTU wo mu gihugu cy’u Budage mu birori byabaye kuri iki cyumweru tariki ya 21 Kamena 2015 bikabera Kicukiro mu mujyi wa Kigali kuva isaa munani z'umugoroba.

Louise n’umukunzi we Paul ITTU bambikanye impeta y’urushako barahirira imbere y’inshuti n’imiryango ko basezeye ku buseribateri bakaba bagiye kubaka urwabo. Ubwo bukwe bwabo bwaranzwe n’imihango yo gusaba, gukwa no gutwikurura kuko Louise na Paul bahise batangira kubana nk’umugabo n’umugore.

Louise

Uwizeyimana Marie Louise n'umukunzi we Paul ITTU bambikanye impeta basezerana kubana

Zimwe mu nshuti z’umunyamakuru Marie Louise Uwizeyimana zabwiye inyarwanda.com nyuma y’ubukwe bakoreye mu Rwanda, mu ntangiriro z’umwaka utaha wa 2016 bazajya mu Budage gukorerayo indi mihango y’ubukwe ijyanye n’amategeko y’icyo gihugu ndetse akaba ari nabwo bazasezerana imbere y’abakristo(mu rusengero).

Louise

Marie Louise na Paul ITTU bazasezerana mu rusengero umwaka utaha

Ku bijyanye n’amakuru avuga ko Marie Louise Uwizeyimana yaba yasezeranye na Paul ITTU ko bazabana mu gihe cy’imyaka ibiri na cyane ko I Burayi hari ibihugu byinshi byemera gusezeranya abageni muri ubu buryo, ntitwashoboye kubona uko tuvugana na ba nyiri ubwite ngo bagire icyo babidutangarizaho, gusa bivugwa ko yaba ariyo masezerano Louise yagiranye na Paul na cyane ko hari indi misango y'ubukwe izabera i Burayi umwaka utaha. 

Louise

Umudage Paul ITTU hamwe n'umugore we Marie Louise UWIZEYIMANA basuhuza umuryango w'umukobwa

Ubukwe bwa Marie Louise na Paul ITTU bwitabiriwe n’abanyamakuru benshi cyane barimo n’abayobozi b’ibinyamakuru bitandukanye bikorera hano mu Rwanda, abavandimwe n’inshuti za Marie Louise na Paul ITTU. Mu bukwe bwa Louise kandi abanyamakuru bagenzi be nibo bari biganje mu mirimo  hafi ya yose ikorerwa mu bukwe nko kwakira abantu, kubazimanira n'indi mirimo itandukanye. 

Umwaka ushize wa 2014, Uwizeyimana Marie Louise aherutse gutsindira igihembo gikuru kuruta ibindi nyuma yo kugirwa umunyamakuru wahize abandi mu Rwanda mu mwaka w’2013 maze ahembwa amafaranga y’u Rwanda miliyoni enye (4.000.000).

ANDI MAFOTO YARANZE UBUKWE BWA MARIE LOUISE NA PAUL ITTU

Louise

Abayobozi batandukanye bari bahari,iburyo ni Gonzaga Muganwa uyobora ishyirahamwe ry'abanyamakuru mu Rwanda(ARJ)

Gakire

Iburyo: Gakire Fidel umuyobozi w'ikinyamakuru Ishema nawe yari muri ubwo bukwe

Louise

Ubu bukwe bwari bwitabiriwe n'abanyacyubahiro batandukanye

Louise

Aba bakobwa batashye ubukwe bwa Marie Louise na Paul ITTU bambaye imyenda y'umweru gusa

Louise

Aba ni bamwe mu bari mu ruhande rw'umuryango w'umukobwa

AMAFOTO: Viateur Nzeyimana


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...