Umuyobozi muri Netflix yasuye Urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali

Cinema - 13/04/2022 8:22 AM
Share:

Umwanditsi:

Umuyobozi muri Netflix yasuye Urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali

Umuyobozi wungirije w’urubuga rwa Netflix rwanditse izina mu kwerekana filime zitandukanye kandi zikunzwe ku Isi, Reed Hastings, yasuye Urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali ruherereye ku Gisozi.

Kuri uyu wa Kabiri tariki 12 Mata 2022, ni bwo Reed yasuye urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali, asobanurirwa amateka asharira u Rwanda rwanyuzemo.

Yagize umwanya wo kunamira inzirikarengane zishyinguye muri uru rwibutso, anashyira indabo ku mva mu rwego rwo kubaha icyubahiro.

Ni ku nshuro ya 28 u Rwanda n’inshuti zarwo bibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu gihe cy’iminsi 100, igatwara ubuzima bw’abarenga miliyoni bazizwa uko bavutse.

Reed Hastings asuye Urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali nyuma y’uko mu mpera za Werurwe 2022, urubuga rwa Netflix ruguze filime ‘Trees of Peace’ y’Umunyamerika Alanna Brown ivuga kuri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Iyi filime yakinnyemo umunyarwandakazi Eliane Umuhire [Akina yitwa Annick] ishingiye ku nkuru mpamo z’abagore bane barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Yashyizwe ahagaragara mu 2021. Biteganyijwe ko iyi filime ‘Trees of Peace’ izatangira guca kuri Netflix muri Kamena uyu mwaka.

Kuva iyi filime yasohoka, imaze kwegukana ibihembo bikomeye mu maserukiramuco nka American Black Film Festival [Yatsinze mu cyiciro cya Best Feature Film ‘Filime ndende nziza’], Santa Barbara International Film Festival na Africa International Film Festival.

Iyi filime yakiniwe mu Bwongereza no muri Amerika i Hollywood. Igaragaramo abakinnyi b’imena nka Ella Cannon wo muri Australie, Charmaine Bingwa wo muri Zimbabwe, Umunya-Nigeria Bola Koleosho n’abandi. 

REBA HANO AGACE GATO FA FILIME 'TREES OF PEACE' 

Umuyobozi wungirije ushinzwe kugenzura ibikorwa bya Netflix, Reed yunamiye Abatutsi bashyinguye mu Rwibutso rwa Jenoside rwa Kigali 

Reed Hastings yasuye Urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali nyuma y’uko Netflix iguze filime ‘Trees of Peace’ yitsa ku mbaraga z’umugore, ubumwe no kubabarira 

Umunyarwandakazi Eliane Umuhire wagaragaye muri iyi filime imaze kwegukana ibihembo bikomeye     

Umunyamerika Alanna Brown watunganyije filime ‘Trees of peace’ ivuga kuri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...