Umutoza w’Amavubi yagaragaje imbogamizi mbere yo gutangira imikino ya FIFA Series 2026-VIDEO

Imikino - 26/03/2026 10:30 AM
Share:

Umwanditsi:

Umutoza w’Amavubi yagaragaje imbogamizi mbere yo gutangira imikino ya FIFA Series 2026-VIDEO

Umutoza w’ikipe y’igihugu y’u Rwanda,Amavubi,Stephen Constantine yagaragaje imbogamizi z’iminsi micye yo kwitegura mbere yo gutangira imikino ya FIFA Series 2026 mbere yo gutangira imikino ya FIFA Series 2026.


Kuri uyu wa Kane nibwo i Kigali hatangira gukinirwa imikino ya FIFA Series 2026. Itsinda rya kabiri rizajya rikinira kuri Kigali Pele Stadium niryo riratangira.

Saa Saba n’igice Aruba  irakina na Macau saa 13:30, mu gihe saa 16:30, Tanzania irakina Liechtenstein.

Ku munsi wejo mu itsinda rya mbere Kenya izakina na Estonie saa 18:00, mu gihe u Rwanda ruzakina na Granada saa 21:00 kuri Stade Amahoro.

Kuri uyu wa Kane umutoza w’Amavubi, Stephen Constantine yagiranye ikiganiro n’abanyamakuru mbere yo gutangira irushanwa.

Uyu mutoza uheruka guhabwa gutoza Amavubi nyuma y’imyaka 11 ayavuyemo yagaragaje ko intego nyamukuru aje afite ari ugutsinda, by’umwihariko mu mikino Amavubi azajya kinira mu rugo.

Yagize ati:”Sinaje hano gutsindwa. Ndashaka gutsinda kandi ndashaka gutsinda ubu. Iyo turi mu rugo, tugomba gutsinda uwo ari we wese, kuko ni twe tugena ibibera iwacu.”

Ku kibazo cy’imyiteguro y’ikipe, yasabye Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru ku Isi (FIFA) kongera igihe amakipe ahabwa cyo kwitegura, kuko iminsi itangwa idahagije.

Ati: Twahawe iminsi micye yo kwitegura, utabariyemo igihe cy’ingendo z’abakinnyi. Hari n’umukinnyi wageze hano ejo bwa mbere atangira imyitozo uwo munsi.”

Yongeyeho ko abakinnyi benshi bakina hanze y’u Rwanda bagorwa no kuhagera , bigatuma imyiteguro iba mike cyane.

Ati: “Ku bakinnyi bakina i Burayi bagaruka muri Afurika cyangwa Aziya, urugendo ruba rurerure kandi ruruhije. Ibi bituma tubabona iminsi ibiri cyangwa itatu gusa mbere y’umukino, bikaba bigora imyiteguro.”

Yasabye FIFA kongera iminsi y’imyiteguro nibura ikagera kuri 12.

Ati: Iminsi umunani ntabwo  ihagije. Twifuza ko yongerwa ikagera nibura kuri 12 kugira ngo amakipe abone umwanya uhagije wo kwitegura.”

Stephen Constantije ku bijyanye n’imyitozo, yavuze ko bamaze gukora imyitozo ine yo ku kibuga, anashimira abakinnyi ku bwitange bagaragaza.

Yagize ati:”Abakinnyi barakora cyane kandi bafite ubushake. Batanga imbaraga zose mu myitozo.”

Yanagarutse ku kuba abakinnyi b’Amavubi baragiye bahindurirwa abatoza kenshi mu myaka ishize, ibintu yavuze ko bigora iterambere ry’ikipe.

Ati: Mu myaka 11 ishize, ikipe yagize abatoza bagera ku 10. Ibi si byiza ku bakinnyi, ariko nizeye ko nzamara igihe kirenze icy’abandi.”

Yavuze ko hari gahunda nshya zatangiye gushyirwa mu bikorwa zirimo kwita ku mibereho y’abakinnyi no gukoresha siyansi mu myitozo  nubwo bizafata igihe kugira ngo zitange umusaruro ugaragara.

Ati: “Twashyizeho uburyo bushya bwo gukorana n’abakinnyi, harimo kwita ku buzima bwabo no gukoresha siyansi mu myitozo. Nubwo bizafata igihe, abakinnyi batangiye kubona impinduka nziza.”

 

 



Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...