Ku wa Gatandatu tariki ya 01 Kanama saa Moya z’umugoroba ikipe ya Rayon Sports yatsinze Al Hilal igitego 1-0 cya Atisso Kodjo mu mukino wo ku munsi wa nyuma w’Itsinda C rya CECAFA Kagame Cup 2026.
Nyuma y’uyu mukino, umutoza w’iyi kipe yambara ubururu n’umweru, Haringingo yavuze ko utari umukino woroshye.
Ati: ”Ni umukino utari woroshye kuko ni umukino twarimo turwanira umwanya wa mbere n’ikipe ya Al Hilal. Nk'uko mubizi, Al Hilal ni ikipe ikomeye cyane, ni ikipe ifite ubunararibonye, ni ikipe ifite ubushobozi burenze.
Ni umukino utari woroshye ariko ni umukino twiteguye neza kuko mwabonye ko ibyo twari twateguye byakoze tubona intsinzi dusohoka turi aba mbere mu itsinda.”
Yavuze ko ibyo bari bateguye byagenze neza kuko bimye Al Hilal umwanya wo kurema uburyo bwinshi imbere y’izamu.
Ati: ”Rero navuga ko muri rusange ibyo twateguye byagenze neza kuko twashoboye kwima Al Hilal uburyo bwo kurema uburyo bwinshi imbere y’izamu kugira ngo dushobore kubona intsinzi”.
Uyu mutoza wa Rayon Sports yavuze ko imikino yose bamaze gutsinda bari bayikeneye.
Ati: ”Nta mukino n’umwe tutari dukeneye, imikino yose twari tuyikeneye, umukino wa Gor Mahia wari umukino wa Rayon Day, hari hashize imyaka irenga ine Rayon Sports idatsinda kuri Rayon Day. Ni wo mukino wa mbere twari dukeneye kuruta indi mikino yose kandi ni nawo mukino waduhaye icyizere”.
Haringingo yavuze ko kudakinisha myugariro Abbel Matumona agashyiramo Nshuti Didier bijyana n’uburyo ikipe bagiye gukina nayo imeze.
Muri 1/2 cya CECAFA Kagame Cup 2026, Rayon Sports izahura na Jamus FC yo muri Sudani y’Epfo.

Haringingo yavuze ko ibyo bari bateguye byagenze neza kuko bimye Al Hilal umwanya wo kurema uburyo bwinshi imbere y’izamu
