Nyuma
y’umukino APR FC yatsinzwemo ibitego 5-0 na Gor Mahia muri CECAFA Kagame Cup
2026, Gen Mubarakh Muganga yasuye ikipe mu rwambariro, aganiriza abakinnyi
n’abatoza, abasaba kudacika intege no gukomeza kwizera ubushobozi bwabo.
Mu kiganiro
n’itanagzamakuru gitegura umukino wo ku munsi wa Kabiri uzabazahuza na Carde
Republicaine ejo ku wa Mbere, Taleb yavuze ko iki gikorwa cyabashimishije
cyane kuko cyerekanye ko ubuyobozi bukomeje kubaba hafi no mu bihe bikomeye.
Ati: "Ndashimira cyane Gen Mubarakh. Yahise aza kudusura nyuma y'umukino aduha imbaraga. Yigeze gukina umupira kandi arawuzi, bityo inama yaduhaye yari iyo kutwibutsa ko gutsindwa na byo biri mu mukino."
Yakomeje avuga ko amakipe akomeye ku Isi na yo yagiye atsindwa bikomeye, ariko bikaba bitarayabujije kongera guhaguruka. Ati: "No mu mupira amakipe akomeye yaratsinzwe. Hari ibihugu bikomeye byigeze gutsindirwa iwabo ibitego byinshi. Amakipe yungukira ku makosa y'andi, kandi ni ho uburambe bugaragarira. Ibyabaye ni isomo tugomba gukuramo."
Uyu mutoza yavuze ko amagambo ya Gen Mubarakh yakiriwe neza n'abakinnyi bose, ndetse yabaganirije umwe ku wundi kugira ngo bongere bagire icyizere. Ati: "Yavuganye n'abakinnyi, arambwira nanjye. Kuri twe byabaye inkunga ikomeye yaduteye imbaraga. Icyo tumusezeranya ni uko tuzatanga ibyo dushoboye byose mu mukino ukurikiyeho."
Taleb yanibukije ko APR FC ari ikipe iherutse kugira ibihe byiza, aho umwaka ushize yatwaye ibikombe bitatu ndetse ikanasoza shampiyona irusha amanota 12 ikipe yayikurikiye.
Yavuze ko ubu hari impinduka nyinshi mu ikipe zisaba igihe kugira ngo zitange umusaruro. "Dukeneye kwihangana kuko hari impinduka nyinshi zabaye. Nubwo ari kare, intego yacu ni ugusubira ku rwego rwiza twari turiho no kongera gukina umupira usatira nk'uko twabimenyereye."
Taleb yasoje avuga ko APR FC igomba kwigira ku makosa yakoze imbere ya Gor Mahia, ikagaragaza isura itandukanye mu mikino iri imbere, kugira ngo yongere yizere abafana bayo.
