Umutoza wa APR FC Abderrahim Taleb yateguje intsinzi mu gihe gikwiye -VIDEO

Imikino - 31/07/2025 8:32 AM
Share:

Umwanditsi:

Umutoza wa APR FC Abderrahim Taleb yateguje intsinzi mu gihe gikwiye -VIDEO

Nyuma yo kunganya na Gorilla FC igitego 1-1 mu mukino wa gicuti, umutoza mushya wa APR FC, Abderrahim Taleb, yavuze ko atahangayikishijwe n’uko umukino wagenze, ahubwo ko yibanda ku myiteguro y’igihe kirekire y’amarushanwa akomeye ikipe ye igomba kwitabira.

Uyu mukino wari umwe mu yo APR FC ikina mu kwitegura shampiyona y’umwaka wa 2025-26 ndetse na CAF Champions League. Mu gihe abafana bamwe bashobora kuba baragaragaje impungenge ku musaruro utari mwiza, Taleb yasobanuye ko atitaye ku byavuye mu mukino ahubwo ko ari kubaka ikipe izahangana ku rwego rwo hejuru.

Yagizer ati “Imikino ya gicuti ntabwo igaragaza isura nyayo y'umukino w'amarushanwa. Icy'ingenzi ni uko nta mukinnyi ukomeretse. Shampiyona ni mu kwezi kumwe, na Champions League irahari. Ibi bihe ni ibyo kwiyubaka, si ibyo gutsinda gusa".

Taleb yavuze ko afite gahunda y’imyitozo mpuzamahanga yita ku myiteguro y’umubiri, tekinike n’amayeri atandukanye. Ati “Dukeneye nibura iminsi 40 yo kwitegura ku rwego rw’umwuga. Ubu turimo gukora ku mbaraga, umuvuduko no kuzamura urwego rw’umukinnyi ku giti cye. Icyumweru gitaha tuzatangira ku buryo dukina nk’ikipe ifite uburyo bunoze bwo gusatirana. Icyizere mfite ni uko APR izaba ikipe ikomeye cyane mu byumweru bine biri imbere.”

Uyu mutoza yavuze ko impamvu ahindura abakinnyi hagati mu mukino, harimo nko kuba yatanze umwanya kuri Pacifique na Dauda ari uko agishaka abakinnyi bazahuzwa n’uburyo bw’imikinire yifuza. Ati: “Mfite abakinnyi 22 bose bagomba kuba biteguye gukina. Hari imikino myinshi iri imbere: nka shampiyona, igikombe cy’igihugu, Super Cup ndetse na Champions League. Buri wese agomba kubona umwanya wo gukina.”

Umutoza Taleb yagaragaje ko yishimiye uko bamwe mu bakinnyi bashya barimo William Togui na Memel Dao bitwaye, nubwo bitari byoroshye kubera igitutu cy’imyitozo.

Ati: “William yagaragaje ko afite ubushobozi, kandi nyuma y’igihe kinini adakina kubera imvune yashoboye gukina neza. Dao nawe ari kwitwara neza, ariko tugomba kumenya ko twakoze imyitozo ikomeye. Ejo mbere y’umukino, twakoze amasaha 3 y’imyitozo mu gitondo no ku manywa. Ni uko ntegura ikipe ku rwego mpuzamahanga".

Mu gihe hari abashobora kwibaza ku buryo APR FC itaratangira gutsinda byoroheje, Taleb yavuze ko atashukwa no gushimisha abafana mu gihe kitarambye, ahubwo ko yifuza ko ikipe izaramba mu mikino y’ingenzi.

Ati: “Iyo nshyize imbere gutsinda muri iyi mikino ya gicuti, mba nciye intege imyitozo ngenderwaho. Ntabwo nshaka kunezeza abantu ubu ngo nyuma turire. Tuzababara ubu, ariko tuzaryoherwa igihe gikwiye.”



Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...