Uyu
muhanzikazi uri mu mwaka we wa gatatu mu muziki, yashyize hanze iyi ndirimbo
nk’uburyo bumwe bwo kongera gukora umuziki cyane ndetse awushyizeho umutima we
wose nyuma y’uko mu mwaka ushize atabashije gushyiramo imbaraga ze zose bitewe
n’ibindi bikorwa yari ahugiyemo.
Annie
yavuze ko gushyira hanze iyi ndirimbo mu ntangiriro z’umwaka ari bumwe mu buryo
bwo gutangirira uyu mwaka mu ngamba nshya kandi mu mbaraga zo gukomeza gukora
cyane.
Yasobanuye
ko iyi ndirimbo igamije gushima Imana yo "yaturinze mu 2025 tukaba
dutangiye undi mwaka mushya turi amahoro". Ni isengesho kandi ryo gusegura uyu mwaka wa 2026
dutangiye.
Annie
Mutoniwase amaze igihe gito muri muzika kuko yawinjiyemo muri Kanama 2023, gusa
ntabwo yahise abishyiramo imbaraga cyane, amaze gukora indirimbo 2 n'iyi yashize
hanze ya gatatu yise "Shimwa Yesu".
Uyu muhanzikazi yatangiriye ku ndirimbo yitwa "I Need Lord", nyuma ashyira hanze indi yitwa "Nashimwe", muri uyu mwaka yavuze ko agarukanye imbaraga nyinshi mu rugendo rwe rw’umuziki wa Gospel.



Annie Umutoniwase yashyize hanze indirimbo nshya yise "Shimwa Yesu"
Reba amashusho y'indirimbo "Shimwa Yesu" ya Annie Umutoiwase
