Umutekano wakajijwe muri Afurika y’Epfo mbere y’imyigaragambyo yo kwirukana abimukira

Hanze - 30/06/2026 10:51 AM
Share:

Umwanditsi:

Umutekano wakajijwe muri Afurika y’Epfo mbere y’imyigaragambyo yo kwirukana abimukira

Polisi yashyizwe ku mihanda mu bice bitandukanye bya Afurika y’Epfo kubera impungenge z’uko imyigaragambyo yo kwamagana abimukira ishobora kuvamo imvururu ikanateza ibyago ku baturage bab'imukira.

Guverinoma ya Afurika y’Epfo yakajije umutekano mu mijyi itandukanye mbere y’imyigaragambyo yateguwe n’amatsinda arwanya abimukira, aho Perezida Cyril Ramaphosa yasabye abateganya kuyitabira kubikora mu mahoro, birinda “iterabwoba, guhatira abandi cyangwa gukoresha iterabwoba”.

‎Iyi myigaragambyo ije nyuma y’igihe abaharanira ko abimukira badafite ibyangombwa bava muri iki gihugu bashyizeho tariki ya 30 nk'igihe ntarengwa bavuga ko bagomba kuba basubiye iwabo.

‎Bamwe mu bimukira batangiye kuva muri Afurika y’Epfo kubera gutinya ihohoterwa n’iterabwoba. Polisi y’iki gihugu ivuga ko kugeza ubu abantu barenga 25,000 bamaze gusubizwa mu bihugu byabo, benshi bakaba bakomoka mu bindi bihugu bya Afurika.

‎Umwe mu banya-Malawi bari badafite ibyangombwa yabwiye BBC ko yishimiye gusubira mu gihugu cye, ariko ko ababajwe no gusiga abana be bane bakiri bato.

Ni mu gihe mujyi wa Johannesburg, ahateganyijwe umwe mu myigaragambyo ikomeye, ibintu byari bituje bidasanzwe. Amaduka menshi yari hafi y’ahazateranira abigaragambya yari yafunze, mu gihe abapolisi bari benshi ku mihanda minini.‎

‎Ariko Polisi yatangaje ko abantu batanu bafashwe muri Soweto, kamwe mu duce dutuwe cyane twa Johannesburg, bakekwaho gusahura iduka rifitwe n’umunyamahanga. Abandi batanu na bo bafashwe muri KwaZulu-Natal bazira gushaka kwinjira mu iduka.

‎Perezida Cyril Ramaphosa yavuze ko abaturage bafite uburenganzira bwo kwigaragambya no gutanga ibitekerezo byabo, ariko ko ibyo bidatanga uburenganzira bwo gutera ubwoba abandi, kwangiza ibintu cyangwa gukoresha urugomo.

Yibukije abaturage ko hari abanyamahanga baba muri Afurika y’Epfo mu buryo bwemewe n’amategeko, bakora, biga, bashinga imiryango ndetse bakagira uruhare mu bukungu bw’igihugu. ‎Imibare ya Leta igaragaza ko muri Afurika y’Epfo hari abanyamahanga barenga miliyoni eshatu bafite ibyangombwa.

‎Polisi yanabujije abigaragambya gutwara intwaro gakondo, ibintu bishobora guteza impaka kuko bamwe mu bitabira imyigaragambyo ari Abazulu, bakunze kujyana ingabo, inkoni n’ibindi bikoresho mu mihango yabo.

‎Guverinoma ya Afurika y’Epfo ivuga ko kuva hatangira imvururu zishingiye ku bimukira, abarenga 12,000 bamaze gusubizwa mu bihugu byabo. Ibihugu birimo Malawi, Mozambique, Ghana, Nigeria na Zimbabwe byagiye bifasha abaturage babyo gutaha.

‎Ikibazo cy’urwango rushingiye ku kuba umuntu ari umunyamahanga "xenophobia" si bishya kuko kimaze igihe muri Afurika y’Epfo, kandi cyagiye kigera ku rwego rw’urugomo rwo hejuru. Kuko mu 2008, nibwo abantu barenga 60 bishwe mu mvururu zagabwe ku banyamahanga baba muri icyo gihugu.

Afurika y’Epfo ivuga ko kuva hatangira imvururu zishingiye ku bimukira, abarenga 12,000 bamaze gusubizwa mu bihugu byabo


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...