Nk’uko bigaragara muri raporo nshya z’imikoreshereze y’imari
zo muri 2024 na 2025, Mark Zuckerberg yakomeje kuza ku isonga mu gukoresha
amafaranga menshi ku mutekano we bwite n’umuryango we. Uyu mugabo akoresha
asaga miliyoni 27.2 z’amadolari, ni ukuvuga arenga Miliyari 34 n’igice mu
mafaranga y’u Rwanda (Rwf) mu mwaka umwe gusa.
Kuki Mark Zuckerberg akoresha aya mafaranga yose?

Zuckerberg ntarindwa nk’umuherwe usanzwe, ahubwo arindwa
nk’umukuru w’igihugu cy’igihangange. Dore bimwe mu bice ayo mafaranga
ayagendamo:
Koolau Ranch: Inzu ye y’igitangaza iri mu birwa bya
Hawaii ifite inzu yo munsi y’ubutaka (Bunker) n’ikoranabuhanga ryo kwivuna
ibitero by’ibisasu.
Abashinzwe umutekano: Afite itsinda ry’abantu
babungabunga umutekano we amasaha 24 kuri 24, haba mu rugo n’aho agiye hose.
Ingendo z’indege: Zuckerberg ntiyemerewe kugendera
mu ndege zisanzwe kubera umutekano, bityo agendera mu ndege ye bwite (Private
Jet) na yo ibarwa nka serivisi y’umutekano.
Dore uko abandi baherwe bakurikirana mu gukoresha amafaranga mu by'umutekano wabo:
Nubwo Zuckerberg ari we uyoboye n’agahigo kadasanzwe,
n’abandi bayobozi b’ibigo by’ikoranabuhanga ntiborohewe:
Sundar Pichai (Google/Alphabet): Akoresha asaga miliyoni 8.2 z’amadolari (asaga miliyari 10.5 Rwf). Google itangaza ko uyu mugabo ari ingenzi cyane ku kigo, bityo ko umutekano we utagomba kujenjekerwa.
Jensen Huang (Nvidia): Kubera iterambere rya AI, umutekano w'uyu mugabo wariyongereye cyane ugera kuri miliyoni 3.5 z’amadolari (asaga miliyari 4.4 Rwf).


Tim Cook (Apple): Uyu we ari mu ba nyuma kuko akoresha asaga miliyoni 1.4 z’amadolari (miliyari 1.8 Rwf), umubare wagabanutseho gato ugereranyije n’imyaka yashize.
