Gaby
avuga ko atari yiteze ko impaka n’ibibazo bimaze iminsi bivugwa ku myambarire
y’abakobwa n’abagore mu Rwanda byagera no ku muntu uri mu bikorwa bya siporo,
aho umuntu ashobora kuvugirizwa induru bitewe n’uko yambaye.
Ni
inkuru avuga ko yabwiwe n’ishuti ye magara, umukobwa usanzwe ukunda gukora
siporo no kuyikorera mu mihanda ya Kigali, akaba amaze imyaka irenga 12
ayikora.
Uyu
mukobwa ngo yahamagaye Gaby amubwira ko ababajwe n’ibyamubayeho ubwo yari
anyuze ahantu asanzwe akorera siporo.
Ati:
“Mfite inshuti yanjye y’igitsinagore, ni umuntu ukunda siporo cyane ariko
akayikorera mu muhanda. Ni umuntu ukunda kwiruka cyane, ari i Kigali, kandi ni
ibintu amazemo igihe kirenze imyaka 12.”
Yakomeje
avuga ko icyo cyabaye cyamutunguye cyane kuko iyo nshuti ye yari imaze igihe
kinini ikorera siporo muri ako gace, abantu baho bakaba bari basanzwe bamubona.
Ati:
“Ejo yarampamagaye, ampamagara ababaye cyane, kuko ni inshuti yanjye magara.
Ambwira ukuntu yanyuze ahantu asanzwe anyura, hanyuma abantu b’abamotari ndetse
n’abandi bantu bahitaga bamuvugiriza induru.”
Gaby
avuga ko abo bantu batamuvugirizaga induru kubera ikindi, ahubwo ko imyambarire
ye ari yo yabaye intandaro.
Kuri
Gaby, icyamubabaje kurushaho ni uko ibyo byabaye ku muntu usanzwe ukora siporo
muri ako gace kandi akaba amaze imyaka myinshi abikora.
Uyu
muhanzi avuga ko kuba iyo nshuti ye yari isanzwe inyura muri ako gace kandi
ikahakorera siporo imyaka isaga 12 byatumye yibaza byinshi ku mpinduka
z’imyumvire mu bantu.
Yagize
ati “Aho hantu asanzwe ahanyura, abo bamotari basanzwe bamubona, kandi ibyo
bintu nakubwiye abikoze imyaka 12. Noneho byanteye kwibaza ku bumuntu
dusanganywe.”
Kuri
we, ikibazo si imyambarire y’uwo mukobwa gusa, ahubwo ni uburyo abantu
bashobora kugera ku rwego rwo gutera undi muntu ubwoba cyangwa kumutesha
agaciro kubera uko yambaye.
Ni
ho yahereye yibuka uko byahoze akiri umwana, aho umukobwa yabaga afite umwanya
wihariye mu bandi bana, cyane cyane mu bijyanye no kumurinda ihohoterwa.
Gaby
yagarutse ku bihe byo mu mashuri abanza, avuga ko akiri umwana yibuka uburyo
abana bagenzi be bafataga umukobwa nk’umuntu ugomba kurindwa.
Yavuze
ko iyo umwana w’umuhungu yageragezaga gukubita umukobwa, abandi bana bahitaga
baterana kugira ngo bamurengere, bakamubwira ko: “Nta muntu ukubita umwana
w’umukobwa.”
Kuri
we, ibyo ni urugero rw’ubumuntu avuga ko atifuza kubona bushira cyangwa
busimbuzwa imyumvire ituma umuntu asuzugura cyangwa agirira nabi undi kubera
uko yambaye.
Ni
yo mpamvu yibaza niba hari aho abantu batangiye “gusubira inyuma”, aho umukobwa
ukora siporo ashobora kugera mu muhanda agahura n’abantu bamuvugiriza induru
kubera imyambarire ye.
Umutare
Gaby avuga ko impaka ku myambarire zitagomba gutuma abantu bibagirwa ko imbere
ya byose hari umuntu ufite agaciro n’uburenganzira bwo kubahwa.
Avuga
ko umuntu ashobora kutemeranya n’imyambarire y’undi, ariko ibyo bidakwiye kuba
impamvu yo kumutuka, kumuvugiriza induru cyangwa kumutesha agaciro.
Ku
bwe, ikibazo gikomeye kiri mu buryo abantu bitwara ku byo babona no ku buryo
imbuga nkoranyambaga zishobora kugira uruhare mu guhindura imyumvire y’abantu.
Gaby
kandi yanenze uburyo imbuga nkoranyambaga zimaze kugira uruhare runini mu
buzima bwa buri munsi, avuga ko ibyo abantu babona kuri zo bishobora gutuma
bamwe bahita bafata imyanzuro cyangwa bagakurikira ibitekerezo by’abandi
batabanje kubitekerezaho.
Avuga
ko abantu badakwiye kureka imbuga nkoranyambaga zikabambura ubushobozi bwo
gutekereza no gutandukanya ikiri cyo n’ikidakwiye.
Kuri
we, kuba ikintu cyashyizwe ku mbuga nkoranyambaga cyangwa abantu benshi
bakivugaho, ntibihita bivuga ko ari cyo gikwiriye gukorwa mu buzima busanzwe.
Ni
muri urwo rwego yasabye buri wese kugira umutima ushyira mu gaciro, cyane cyane
mu gihe abantu batandukanye mu myumvire, imyambarire cyangwa uburyo babaho.
Avuga
ko iyo abantu bagize ubushishozi n’umutima ushyira mu gaciro, bituma birinda
guhutaza abandi kandi bakubaha umuntu nk’umuntu.
Ku mutare Gaby, ikibazo cy’imyambarire ntigikwiye gutuma ubumuntu busubira inyuma. Ahubwo, impaka kuri iki kibazo zikwiye kuba umwanya wo kwibaza uburyo abantu babana, uko bubahana n’uko bashobora kutemeranya ku kintu runaka batabangamiye cyangwa ngo bahutaze mugenzi wabo.

Umutare Gaby yavuze ko yababajwe no kumva inkuru y’inshuti ye y’umukobwa yavugirijwe induru n’abantu i Kigali, kubera imyambarire ye
