Umusore yasimbutse inyubako ya La Bonne Adresse ngo yiyahure ntiyapfa-AMAFOTO+VIDEO

Inkuru zishyushye - 16/09/2021 10:30 AM
Share:

Umwanditsi:

Umusore yasimbutse inyubako ya La Bonne Adresse ngo yiyahure ntiyapfa-AMAFOTO+VIDEO

Mu ma saa yine n'iminota 5 za mu gitondo, umusore wari mu mujyi wa Kigali mu nyubako ya La Bonne Adresse mu igorofa ya Kabiri yagerageje kwiyahura arasimbuka ariko ntiyapfa. Iby'uko yari afite umugambi wo kwiyahura byemejwe n'umwe mu bo mu muryango we.

Amakuru INYARWANDA yamenye ni uko uyu musore yabanje guhamagara Nyirasenge amubwira ko ari mu Ubumwe Grande Hotel, ko agiye kwiyahura kuko ubuzima bwamunaniye. Nyirasenge yahise atega moto ngo aze amufate, ageze mu mujyi asanga inyubako yamubwiye si yo arimo ahubwo ari mu nyubako ya La Bonne adresse ari nayo yiyahuriyemo. Uyu mubyeyi yageze kuri iyi nyubako afite agahinda kenshi cyane.

Mu gusimbuka aturutse mu igorofa ya kabiri, uyu musore yaguye hejuru y'imodoka avunika amaboko n'amaguru, ndetse bigaragara ko yaviriye imbere kuko yaciraga amaraso, icyakora ntiyapfuye. Yahise ajyanwa kwa muganga ako kanya. Ntiharamenyekana impamvu nyamukuru yatumye uyu musore yiyahura, gusa nk'uko yabibwiye nyirasenge ngo ubuzima bwari bumunaniye. Kwiyahura k'uyu musore byababaje benshi cyane cyane abo mu muryango we.

Abantu benshi bababajwe n'inkuru y'uwagerageje kwiyahurira La Bonne adresse

UMUSORE YAGERAGEJE KWIYAHURIRA KURI LA BONNE ADRESSE



Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...