Iki
gitabo kiri kuri paji 153, kikaba kigaruka ku rugendo rw’umukobwa witwa Isimbi,
aho umwanditsi agaragaza ubuzima bw’imbere abantu benshi banyuramo, bagakomeza
guseka no kubaho nk’aho nta kibazo bafite, nyamara bafite imitwaro iremereye
y’amarangamutima.
Kumurika
iki gitabo bizaba ku wa 8 Kamena 2026 muri Eza Hotel. Ni igitabo cya mbere
Kibasumba Confiance azaba amuritse ku mugaragaro, nyuma y’igihe azwi mu busizi
no mu itangazamakuru, aho asanzwe akorera Ishusho TV.
Uyu
mukobwa yamenyekanye kandi mu bihangano bitandukanye birimo ibisigo yakoranye
n’abarimo Rumaga Junior na Mr Kagame.
Mu
kiganiro yagiranye na InyaRwanda, Kibasumba yavuze ko icyamuteye kwinjira mu
rugendo rwo kwandika ibitabo ari uko yumvaga hari ibitekerezo byinshi ashaka
kubika no gusigira abandi mu buryo burambye.
Yagize
ati: “Nsanzwe ndi umusizi ariko gushyira ibintu byose mu gisigo sinabonaga
bihagije kuri njye. Igisigo kiba kigufi, ariko inyandiko yo ishobora kugera
kure kuko hari aho ijwi ritagera. Kandi inyandiko ntabwo isaza.”
Uyu
mwanditsi yavuze ko “Behind Her Silence” atari cyo gitabo cya nyuma ateganya
kwandika, ahubwo ari intangiriro y’urundi rugendo rwagutse rwo gusangiza abantu
inkuru n’ubutumwa binyuze mu nyandiko.
Mu
gusobanura intego y’iki gitabo, yavuze ko kwandika inkuru ya Isimbi bitari
uguhimba gusa umuntu w’impimbano, ahubwo byahindutse urugendo rwo kwinjira mu
buzima bw’amarangamutima abantu benshi bahisha.
Ati:
“Inyuma yo kumwenyura, kwambara neza, indamutso zubashywe n’ibiganiro bisanzwe,
akenshi haba hari intambara zitavugwa isi itazigera ibona.”
Kibasumba
agaragaza ko hari urubyiruko rwinshi rubana n’ubwoba, ububabare n’ibibazo
by’amarangamutima rutabasha kuvugaho ku mugaragaro, nyamara rukomeza kubaho nk’aho
byose ari byiza.
Avuga
ko yashakaga kugaragaza ko guceceka atari buri gihe amahoro, kuko rimwe na
rimwe guceceka biba ari ubwoba cyangwa uburyo umuntu ubabaye yumva yihishamo
kugira ngo yumve afite umutekano.
Uyu
mwanditsi avuga ko ubutumwa bukomeye buri muri iki gitabo ari ukwibutsa abantu
kwita ku buzima bwo mu mutwe n’amarangamutima by’urubyiruko, cyane cyane abana
n’abangavu bashobora gukomeza kwiga, guseka no kubaha amategeko, nyamara imbere
bafite ububabare bukomeye.
Ati:
“Ni yo mpamvu kugira neza bifite agaciro. Kumva abandi, kubaba hafi no
kubarinda bifite agaciro.”
Muri
iki gitabo kandi, agaragaza ko ibihe bikomeye umuntu anyuramo bitagomba gusenya
ejo he hazaza, ahubwo bishobora no kumwigisha no kumwubaka.
Urugendo
rwa Isimbi, nk’uko Kibasumba abivuga, rwibutsa abantu ko nta buzima butagira
ibigeragezo, yaba iby’umubiri cyangwa iby’amarangamutima, kandi ko gutsinda
ibyo bihe bisaba ubutwari bwo gukomeza kubaho no gutera imbere n’iyo umuntu
yaba yumva ananiwe cyangwa ari wenyine.
Yifuje
ko ubutumwa bw’iki gitabo bwagera cyane cyane ku rubyiruko, arusaba kutemera ko
ibihe rubamo bishobora gusenya inzozi zarwo cyangwa ejo harwo hazaza.
Ati:
“Ntuzigere wemera ko umwijima w’igihe gito ugira ubushobozi bwo kugena ejo hawe
hose.”
Kibasumba
yavuze kandi ko iki gitabo ari ubutumwa bugenewe ababyeyi n’abakuru, abibutsa
ko urubyiruko rudakeneye gusa ibikoresho by’umubiri nk’ibiryo, amafaranga
y’ishuri cyangwa imyambaro, ahubwo rukeneye no kumvwa, kwitabwaho no guhabwa
umutekano w’amarangamutima.
Ati:
“Rimwe na rimwe amakosa akomeye abaho atari uko abantu ari babi, ahubwo ni uko
hari ababaye batabonetse kare ngo bafashwe.”
Mu
gusoza, Kibasumba Confiance yavuze ko “Behind Her Silence” ari igitabo gitanga
icyizere, cyibutsa abantu ko n’ubwo ubuzima bwaba bugoye gute, gukira no
kongera kubaka ubuzima bishoboka.
Ati: “Abantu benshi bakomeye batwaye amateka isi itazigera imenya. Bamwe mu bantu dukunda cyane banyuze mu bihe bikomeye bucece, ariko bararokotse. Kandi kurokoka ubwabyo ni intsinzi.”

Umusizi Kibasumba Confiance yatangaje ko agiye kumurika igitabo cye cya mbere yise “Behind Her Silence”

Kibasumba yavuze ko yatangiye urugendo rwo kwandika ibitabo kugirango abashe gutanga ubutumwa buri muri we

Kibasumba
avuga ko yatangiye kwandika iki gitabo kiri mu rurimi rw’Ikinyarwanda, ariko
ageze hagati ahitamo kucyandika mu rurimi rw’Icyongereza
KANDA HANO UBASHE KUREBA IKIGANIRO TWAGIRANYE N’UMUSIZI KIBASUMBA CONFIANCE
VIDEO: Melvin Pro/ InyaRwanda.com
