Radio Okapi iterwa inkunga n'Umuryango w'Abibumbye,
ikorera muri DRC, yatangaje ko 'capitaine de corvette' (Capt) Buba Ambwa Jean
Denis wo mu ngabo zirwanira mu mazi yafashe iyo videwo mu ntara ya Ituri mu
majyaruguru ashyira uburasirazuba bwa DRC, ari kumwe n'abasirikare yari
ayoboye.
Icyo gihe barwanaga n'inyeshyamba za CRP (Convention
pour la Révolution Populaire) za Thomas Lubanga, ku itariki ya 8 Ukwakira (10)
mu mwaka wa 2025.
Urukiko rwavuze ko iyo mirwano yabereye ku nkengero
y'ikiyaga cya Albert, uwo wari komanda w'agateganyo wa batayo y'ingabo zirwanira mu
mazi muri icyo kiyaga agafata iyo videwo akoresheje telefone ye igendanwa, nuko
ayitangaza ku mbuga nkoranyambaga.
Ubwunganizi bwa Capt Buba Ambwa bwavuze ko
buzajurira icyo gihano yakatiwe.
Muri uru rubanza, ubushinjacyaha bwavuze ko ibyo uwo
musirikare yakoze ari igikorwa kigaragara cyo kurenga ku mahame
ngengamyitwarire ya gisirikare mu gihe cy'intambara, nkuko Radio Okapi
yabitangaje.
Ubwo rwasomaga umwanzuro, urukiko rwanategetse ko
uwo musirikare yamburwa impeta ze za gisirikare ndetse ko akirukanwa mu ngabo
za DRC (FARDC), ruvuga ko igihano yakatiwe gitanga isomo ku bandi basirikare.
Uyu musirikare ngo yarenze "ku bushake"
ku mahame ngengamyitwarire ya gisirikare yatangajwe na minisitiri w'ingabo muri
Werurwe (3) mu mwaka 2025.
Iyo nyandiko y'ayo mabwiriza, nkuko urwo rubuga
rubitangaza, ibuza abasirikare bari muri 'opérations' gufata no gusangiza
amafoto cyangwa videwo kubera ibyago ibyo bishobora guteza mu rwego
rw'umutekano no ku mayeri y'urugamba.
Ibyaha Capt Buba Ambwa yahamijwe bijyanye n'ibyabereye
mu gace (zone) ka Nyamamba, muri teritwari ya Djugu, ubwo we n'umutwe we
w'ingabo bari bari mu bwato bukoreshwa na moteri barwana n'inyeshyamba za CRP,
nkuko 7sur7.cd ibitangaza.
FARDC imaze imyaka myinshi iri mu ntambara
ihanganyemo n'indi mitwe myinshi yitwaje intwaro, ukomeye cyane ukaba ari uwa
M23 – mu ntambara hagati yawo na FARDC yongeye kubura kuva mu mpera y'umwaka wa
2021.
