#Umushyikirano2026: Ubushomeri bwagabanutseho 12.6% kuva mu mwaka wa 2022

Amakuru ku Rwanda - 05/02/2026 11:12 AM
Share:

Umwanditsi:

#Umushyikirano2026: Ubushomeri bwagabanutseho 12.6% kuva mu mwaka wa 2022

Mu nama y’Umushyikirano iri kubera muri Kigali Convention Centre ibaye ku nshuro ya 20, Minisitiri w’Intebe Dr. Justin Nsengiyumva yavuze ko kuva mu mwaka wa 2022 ubushomeri mu Rwanda bumaze kugabanuka ku kigero cya 12.6%

Iryo gabanuka ni bimwe mu byagezweho na Leta y’u Rwanda ibinyujije mu guhanga imirimo no gushakira amahirwe urubyiruko akaba ari umwe mu myanzuro yari yarafatiwe mu Nama y’Umushyikirano yabaye ku nshuro ya 19 mu mwaka wa 2024 kuva tariki ya 23 kugera tariki 24.

Iyi nama yari yafatiwemo imyanzuro 13 irimo ingingo zigamije guteza imbere ubukungu n’imibereho myiza y’abaturage, ndetse no guteza imbere urwego rw’imiyoborere. Iyi myanzuro yari yagabanyijwemo ibikorwa 41 aho kugeza magingo aya 34 byashyizwe mu ngiro naho 7 bikaba biri ku musozo wo kurangira.

Ubukungu bwavuye ku 8.2% mu mwaka wa 2023 bugera kuri 8.9% mu mwaka wa 2024 aho mu mwaka wa 2025 bwazamutse ku kigero cya 8.7% burenga ikigero cyari cyarihawe cya 8.3%.

Ibi byose byavuye mu guhanga imirimo mishya bigendana no kugabanya ubushomeri mu Rwanda. Ubushomeri mu Rwanda bwari 24.3% mu mwaka wa 2022 nyuma y’icyorezo cya Covid hanyuma mu mwaka wa 2024, ubushomeri bugera kuri 16.8%

Ntibyahereye aho kuko ubushomeri bwakomeje kumanuka bugera kuri 11.7 mu mpera za 2025.

Mu ntego za NST2, hari intego yo guhanga imirimo 25,000 ariko mu ntangiriro za 2024 hari hamaze guhangwa imirimo irenga gato 80,000 aho 93% y'imirimo yahanzwe itari ishingiye ku buhinzi.



Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...