Iki
gitaramo kizabera muri Kigali Conference and Exhibition Village ahazwi nka Camp
Kigali ku itariki 26 Werurwe 2026.
Uyu
musore yatangaje iyi nkuru mu kiganiro yagiranye na InyaRwanda, nyuma yo
gususurutsa abantu mu gitaramo cya Gen-z Comedy cyabereye muri Camp Kigali ku
ijoro ryo ku wa Kane tariki 12 Gashyantare 2026.
Umushumba
yavuze ko imyaka itatu amaze mu rwenya yamwigishije byinshi, kandi ari bwo
buryo bwo gutegura igitaramo cye bwite, kigaragaza urugendo rwe rwose kuva
yatangira kugeza ubu.
Ati
"Ni igitaramo cyo kwizihiza imyaka itatu ishize ndi mu rwenya. Ni
igitaramo mfata nko gusoza amasomo yanjye y'imyaka itatu ndi muri Comedy.
Imyaka itatu izaba yuzuye neza."
Mu
gusobanura ibizabera muri iki gitaramo, Umushumba yavuze ko yiteguye
kuzataramira abakunzi be cyane cyane mu rwenya rwanyuze benshi.
Yagize
ati "Muzabona ibintu bishya, ku buryo nshobora kuzamara amasaha atatu ku
rubyiniro. Ndashaka ko buri wese uzaza azishima kandi aseke cyane."
Nubwo
atarashyiraho urutonde rw’abanyarwenya bazakorana nawe, yavuze ko bamwe mu bo
bakoranye mu gitaramo cya Gen-z Comedy bazaba barimo, bikaba ari uburyo bwo
guhuza impano nshya n’izo bamaze kumenyekana.
Iki
gitaramo cya Umushumba kizatuma abakunzi b’urwenya babona uburyo bwe bwihariye
bwo gutarama, bunyura, kandi bukibutsa urugendo rwe rwatangiye mu itsinda rya
Gen-z Comedy.
Ni igitaramo cyateguwe ku buryo kizaba igitaramo cyihariye, aho Umushumba azagaragaza impano ye yihariye mu gutanga urwenya rw’umwimerere, rufite ibisobanuro byimbitse kandi bishimisha abantu bose.

Umushumba
yatangaje ko agiye gukora igitaramo cye bwite cyo kwizihiza imyaka 3 mu rwenya,
ku itariki 26 Werurwe 2026 muri Camp Kigali, aho azataramira abakunzi be
n’urwenya rwe rwihariye
KANDA HANO UBASHE KUREBA IKIGANIRO CYIHARIYE TWAGIRANYE N’UMUNYARWENYA UMUSHUMBA
