Ni
mu gikorwa ngarukamwaka cy’ubukangurambaga bwiswe “Turikumwe Campaign”, gitegura
ibikorwa bigamije kwibuka Yvan Buravan no gukomeza umurage yasize wo gufasha abandi
biciye mu muziki n’ubutumwa bwe.
Uyu
mwaka, ‘Turikumwe Campaign’ yarenze kuganira ku bijyanye no kongera ubumenyi
kuri kanseri, ahubwo inashyira imbaraga mu gufasha abarwayi mu buryo
bugaragara.
Iki
gikorwa cyabaye kuri iki Cyumweru tariki 17 Kanama 2025, i Kinyinya muri Bethania
Home Care, ikigo cyakira abarwayi baturuka mu ntara baza kuhivuriza.
Bethanie
ifasha abarwayi kubona icumbi, ibyo kurya ndetse n’uburyo bwo kujya kwa muganga
buri munsi, ariko ikaba ikunze kugorwa no kubona amafaranga yo kugura lisansi
y’imodoka zitwara abarwayi.
Igikorwa
cyatangijwe n’urugendo rwo gusura ibikorwa by’ikigo ‘Bethania’ kiyobowe na Sr. Helène L. Katebera, washinze ‘Bethania Home Care’, agaragaza uko abarwayi
bitabwaho n’imishinga ikomeje gufasha iki kigo kwigira.
Nyuma,
Isimbi, umuganga w’inzobere mu bijyanye n’imitekerereze, yatanze ibiganiro
by’ubufasha ku barwayi n’ababafasha, ababwira uburyo bwo kwitegura no guhangana
n’ihungabana riterwa no kurwara kanseri.
Hari
hatumiwe n’abahoze barwaye kanseri batanga ubuhamya. Marcelline, wakize kanseri
y’uruhu, yavuze uko ‘Bethanie’ yamubaye hafi kugeza akize, ndetse nyuma ikamuha
amahirwe yo gufasha abandi barwayi.
Edmund
Kagire, umunyamakuru wakoreye ibitangazamakuru birimo KT Press, na we yavuze ku
kamaro k’inkunga y’umuryango, inshuti n’inzego za Leta mu rugendo rwo guhangana
na kanseri, asaba abantu kujya basuzumisha ubuzima kenshi. Yanagarutse ku
rugendo rwe rwo gukira kanseri.
Muri
iki gikorwa, umuhanzikazi Boukuru yaririmbye indirimbo ye ‘Urukundo’ yibutsa ko
urukundo ari imbaraga zikomeye mu guhangana n’ubuzima.
Mu
ijambo rye, Raissa Umutoni, washinze YB Foundation, akaba na Mushiki wa
Buravan, yavuze ko intego nyamukuru ari ugukomeza umurage wa Yvan Buravan wo
kurwanya kanseri, kuyobora ubukangurambaga bwo kuyivuga mu ruhame no gufasha
abayirwaye.
Yavuze
ko ‘Turikumwe Campaign” igamije guha icyizere abari mu rugamba rwo kurwana na
kanseri, guhumuriza ababuze ababo ndetse no gutumira buri wese kugira uruhare
mu kurwanya iyi ndwara.
Raissa
yashyikirije Bethanie inkunga ya lisansi ingana na Litiro 1,091, kugira ngo imodoka zifasha abarwayi zijye
zibasha gukora ingendo za buri munsi.
Iki
gikorwa cyitabiriwe n’abantu batandukanye barimo ibyamamare n’inshuti za Yvan
Buravan nka Aurore Kayibanda, Miss Rwanda 2012, ndetse na Charity Keza, uzwi
cyane ku mbuga nkoranyambaga.
Abitabiriye
basuye Bethania Home Care’, bareba aho abarwayi ba kanseri bacumbikirwa i
Kinyinya
Sr. Hélène, washinze Bethania Home Care’, asobanurira abashyitsi imishinga
ikomeje gufasha abarwayi.
Edmund Kagire, umunyamakuru n’umwanditsi, asaba abantu kwisuzumisha kenshi kugira ngo kanseri itavumburwa igihe cyararenze
Umuhanzi
Boukuru ku rubyiniro, aririmba indirimbo Urukundo n’iya Yvan Buravan yitwa Ni
Yesu
Umuyobozi
wa YB Foundation, Raissa Umutoni [Ubanza iburyo] ari kumwe n’Umuyobozi Mukuru
wa Bethania Health Care, Sr. Hélèna L. Katebera
Raissa
Umutoni, washinze YB Foundation, agaruka ku murage wa Yvan Buravan no gukomeza
ubukangurambaga bwo kurwanya kanseri
YB
Foundation yatanze inkunga ya litiro 1,091 za lisansi
Raissa
Umutoni yinjira mu itsinda ‘Friends of Bethanie Home Care’’, yiyemeza gukomeza
gukorana nabo
Abarwayi n'abakize kanseri, n’inshuti za Bethanie Home Care, bishimira ubutumwa bw’ihumure bwatanzwe muri
iki gikorwa
Abitabiriye
bafata ifoto y’urwibutso, bashyigikiye umurage wa Yvan Buravan n’urugamba rwo
kurwanya kanseri
Umuhanzikazi Ciney [Uri iburyo] ari kumwe n'umunyamakuru Edmond Kagire watanze ubuhamya
Umunyamakuru wa Radio/Tv10, Khamiss Sango wayoboye igikorwa cy'ubukangurambaga 'Turikumwe Campaign"