Ni
ubutumwa yasangije abamukurikira ku mbuga nkoranyambaga, aho yagaragaje
ibyishimo n’ishimwe afite ku rugendo rw’urukundo bamaze kugirana, ashimira
Imana yakomeje kubarinda no kubagirira neza kuva bashinga urugo.
Mu
magambo ye, Clarisse yasobanuye ko kuri uyu munsi bafite ibyishimo byikubye
kabiri, kuko bishimira imyaka itanu bamaze bubatse urugo, ariko kandi
banizihiza isabukuru y’amavuko y’umugabo we.
Yagaragaje
ko bashimira Imana yabahaye umugisha mu buzima bwabo bwa buri munsi, anashimira
cyane umugabo we wamubereye inshuti ya hafi, umufasha udasanzwe n’umubyeyi
mwiza ku bana babo.
Mu
busobanuro bw’ubu butumwa bwe, yagize ati: “Uyu munsi ni uw’ibyishimo bibiri
kuri twe! Twizihiza imyaka itanu tumaze dushinze urugo ndetse n’isabukuru
y’amavuko y’umugabo wanjye. Turashimira cyane Imana yo mu ijuru ku migisha yose
yaduhaye mu rugendo rwacu. Mukundwa wanjye Sylvain Dejoie, ndagushimira kuba
uri umugabo mwiza, umubyeyi wita ku bana bacu ndetse n’inshuti yanjye ya hafi
iteka ryose. Tuzakomezanya iteka ryose, tugana imbere.”
Nyuma
yo kubona ubu butumwa, Sylvain Dejoie na we ntiyazuyaje, kuko yasubije umugore
we amagambo yuzuye urukundo n’ishimwe, agaragaza uko yishimira kubana na we mu
buzima bwa buri munsi.
Yavuze
ko igihe kigenda cyihuta ariko ko yishimira buri mwanya bamaze hamwe, ndetse ko
yishimira cyane kuba Clarisse ari we mubyeyi w’abana babo.
Yongeyeho
ko ashimira Imana n’ababyeyi babo kuba barabaye intandaro y’urukundo rwabo no
kubaha amahirwe yo kubaka umuryango wabo bwite.
Mu
magambo asobanuye ubutumwa bwe, yagize ati: “Urakoze mukundwa wanjye. Igihe
kirihuta cyane! Nishimiye cyane kubana nawe ubuzima bwose, kandi ndanezerewe
kuba uri nyina w’abana bacu. Ndashimira ababyeyi bacu bo ku isi n’abo mu ijuru
baduhaye amahirwe yo kuba turi kumwe no kubaka umuryango wacu. Ndagukunda
urukundo rutagira iherezo.”
Urukundo
rwa Clarisse na Sylvain rwatangiye kugaragara mu 2017, ubwo bahuriraga mu
gitaramo cyo kwibuka umuhanzikazi Mutamuliza Annonciata uzwi nka ‘Kamaliza’.
Icyo gihe Sylvain Dejoie yari mu bagiteguye, ari na bwo batangiye kumenyana
kugeza ubwo urukundo rwabo rukuze rukavamo urugo.
Uretse
kuba ari umugabo wa Clarisse, Sylvain Dejoie azwi kandi nk’umujyanama we mu
by’umuziki, aho akomeje kugira uruhare mu rugendo rwe rw’ubuhanzi,
by’umwihariko mu muziki wo kuramya no guhimbaza Imana.
Nyuma
y’imyaka itanu ishize bashinze urugo, Clarisse Karasira n’umugabo we bakomeje
kugaragaza ko urukundo rwabo rukomeje gukura, rufite imizi mu kwizera Imana no
gushyigikirana mu buzima bwa buri munsi, ikintu benshi bafata nk’urugero rwiza
ku bashaka kubaka imiryango ihamye.

