Keko
yabigarutseho mu kiganiro yagiranye na Play It Loud, aho yavuze ko we na
Sheebah Karungi bakundanye mu gihe cy’imyaka ibiri mbere y’uko baza gutandukana
kubera ibyo yavuze ko byari bitandukanye n’icyerekezo buri umwe yabonaga mu
rugendo rwe rwa muzika.
Yagize
ati: “Yego, nakundanye na Sheebah Karungi. Twamaranye imyaka ibiri mu rukundo,
ariko nyuma turatandukana kuko yumvaga umwuga we utari kujya mu cyerekezo
yifuzaga. Njye nabonaga asa n’uwatangiye kwiheba, mu gihe umwuga wanjye wari
uri kuzamuka.”
Uyu
muraperikazi yakomeje avuga ko ibintu byatangiye guhinduka cyane nyuma y’uko
Sheebah atangiye gukorana na Jeff Kiwa wari usanzwe amufasha mu bikorwa bya
muzika.
Keko
yavuze ko icyo gihe umubano wabo watangiye kuzamo ibibazo, ndetse ashinja Jeff
Kiwa kugira uruhare mu gutuma batandukana.
Yagize
ati: “Nyuma yaje gusinyana na Jeff Kiwa, kandi uko nabibonaga yashakaga
kunsubiza inyuma. Jeff yakoze ibishoboka byose kugira ngo Sheebah abe umuntu
ukurikiza ibyo amubwira byose.”
Aya
magambo ya Keko yongeye kugarura mu mitwe ya benshi amakuru yari amaze imyaka
arenga icumi avugwa ku mubano wihariye hagati ye na Sheebah Karungi.
Hagati
ya 2015 na 2016, amakuru yavugaga ko aba bahanzikazi bombi bari mu rukundo
yakunze gukwirakwira mu bitangazamakuru no ku mbuga nkoranyambaga, gusa icyo
gihe nta n’umwe muri bo wari warigeze ayemeza cyangwa ngo ayahakane mu buryo
butaziguye.
Kugeza
ubu, Sheebah Karungi ntabwo aragira icyo atangaza ku byo Keko yavuze, gusa
amagambo y’uyu muraperikazi ni yo ya mbere agaragaza mu buryo bweruye ko koko
aba bahanzikazi bombi bigeze kugirana umubano w’urukundo, ibintu byari bimaze
imyaka myinshi bikekwa n’abakurikiranira hafi imyidagaduro yo muri Uganda.
