Umuraperi Green P ntiyabashije gushyingura Se

Imyidagaduro - 24/08/2023 1:19 PM
Share:

Umwanditsi:

Umuraperi Green P ntiyabashije gushyingura Se

Umuraperi Elia Rukundo) wamenye nka Green P ntiyabashije gushyingura Se Mbonimpa John witabye Imana ku wa Gatanu tariki 18 Kanama 2023.

Uyu muhanzi wamamaye mu ndirimbo zirimo ‘Inkuta’ amaze igihe abarizwa mu Mujyi wa Dubai muri Leta Zunze Ubumwe z'Abarabu.

Mu muhango wo kwizihiza ubuzima bwa Mbonimpa John, wabaye ku wa 22 Kanama 2023, umuryango we wavuze ko Green P 'atabashije kugera i Kigali'.

Green azwi mu ndirimbo zirimo nka 'Isi ya Nijoro', 'Ese Uzihangana', 'Kandangira abanzi', Icyampa Nkayimenya', 'Hip Hop Game', 'Inzozi', 'Mfite Ubwoba', 'Ujye witonda', 'Muri njye', 'Zunguza' n'izindi.

Uyu muhanzi ni umwe mu bana batandatu babyawe na Mbonimpa John na Esther Mbabazi. Ni umuvandimwe w’umunyamuziki Mugisha Benjamin uzwi nka The Ben.

Umubyeyi we yashyinguwe kuri uyu wa Gatatu tariki 23 Kanama mu irimbi rya Rusosoro.

Inshuti za Green P babana mu Mujyi wa Dubai bakoze umuhango wo kwibuka no kuzirikana ubuzima bw’umubyeyi w’uyu muraperi, kandi bakomeza Green P muri ibi bihe by'akababaro.

Mu muhango wo guhekereza bwa nyuma Se, The Ben yavuze ko Se yakoze ibikorwa by’ubutwari, kandi ko imyitwarire n’imico agaragaza ayikura kuri Se.

Avuga ati “Imwe mu mico ngira, abantu benshi bambwira ko nayikuye kuri we, gusabana, kwisanga no guca bugufi, ibyo nibyo mbwirwa murabizi ntabwo umuntu yimenya, ariko abamuzi barabizi ko yabigiraga, ikindi yatwigishije ni ugukunda umurimo."

Uyu munyamuziki yavuze ko mu bihe bya nyuma by’umubyeyi we, yanyuze mu bihe bikomeye byanamuvuriyemo agahinda gakabije, katumye akora ibyo nawe atari azi.

Akomeza ati “Umubyeyi wacu mu bihe bye bya nyuma yaje kugira Satani iramutera, Satani yaramugerageje ariko atari we, umutima we turawuzi yari imfura cyane."

“Yababazwaga cyane n’ukuntu Satani yamugerageje, yagize ibihe bikomeye cyane, yabuze abavandimwe be bose, abura ababyeyi be bose bimutera agahinda gakabije (Depression) katumye akora ibintu bitari byiza ariko Papa turagukunda."

The Ben yavuze ko Se yakoze impanuka nyinshi ariko Imana ikomeza kuba mu ruhande rwe.

Ati “[…] Papa yahuye n’impanuka nyinshi, hari impanuka zabaye turi abana tukiri Uganda tukagira ngo ntari bubeho ariko hari impamvu yabayeho, ubu nibwo buryo bwiza Imana yashakaga ko atahamo kuko yari gusaba imbabazi akihana kandi twizera ko Papa ari mu ijuru, Papa ari mu ijuru, papa ari mu ijuru!"

The Ben yanagarutse ku kuntu Se yitaga ku muryango we. Yibutsa igihe yigeze kubatembereza ari kumwe n’umuvandimwe we Green P.

Ati “Rimwe mu rwibutso rwiza mufiteho, kera tukiri abana yigeze kutujyana ahantu njyewe na Eliya (Green P) utari hano, ni ibintu bitangaje benshi batakumva ariko akenshi twajyaga mu Mutara adutwaye njye na Eliya mu kiruhuko kinini."

"Aratubwira ngo ariko mwumvise ukuntu igitoki Mama yatetse cyari kiryoshe, ntabwo ushobora kumva ukuntu byanshimishije. Ni akantu karaho utakumva ariko urukundo rw'abo buri kintu cyose yavugaga yakundaga kugaragaza ukuntu akunda Mama."

"Yari umubyeyi mwiza. Bantu b’Imana twange Satani, papa yarageragejwe n’abanyamakuru baramugerageza." 


Umubyeyi w'abarimo The Ben na Green P yashyinguwe kuri uyu wa Gatatu mu irimbi rya Rusororo  


The Ben ari kumwe n'umugore we Uwicyeza Pamella


Umuhanzi akaba n'umunyamakuru Uncle Austin


Umuraperi Green P ubarizwa mu Mujyi wa Dubai ntiyabashije gushyingura Se

 

Umuraperi K8 Kavuyo yatabaye mugenzi we The Ben 


Umuraperi M Izzle ari kumwe na Bahati 'Makaca'


The Ben asuhuzanya na Igor Mabano




The Ben yavuze ko Se yabaye urufatiro rw'umuziki akora muri iki gihe


KANDA HANO UREBE IJAMBO RYAVUZWE NA THEN BEN MU MUHANGO WO GUSHYINGURA SE

">

Kanda hano urebe uko umuhango wo gushyingura umubyeyi wa The Ben wagenze

AMAFOTO: Ngabo Serge- InyaRwanda.com

VIDEO: Freddy Rwigema; InyaRwanda.com


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...