Uyu
mugabo w’imyaka 35 y’amavuko yageze kuri uyu mwanya nyuma y’intsinzi ikomeye
ishyaka rye rya Rastriya Swatantra Party (RSP) ryagize mu matora yabaye tariki
ya 5 Werurwe 2026, aho ryegukanye imyanya 182 muri 275 igize Inteko Ishinga
Amategeko.
Balendra
Shah yarahiye ku mugaragaro kuri uyu wa Gatanu tariki 27 Werurwe 2026,
arahizwa na Perezida wa Nepal, Ram Chandra Paudel, mu muhango wabereye mu Ngoro
y’Umukuru w’Igihugu witabiriwe n’abayobozi mu nzego zinyuranye
Yagaragaye
yambaye imyenda y’umukara, yambaye n’ingofero gakondo ya Nepal ndetse
n’amadarubindi, ibintu bisanzwe bimuranga kuva akiri umuhanzi w’umuraperi.
Reuters
yanditse ko intsinzi ya Balen n’ishyaka rye ishingiye cyane ku myigaragambyo
ikomeye yakozwe n’urubyiruko (Gen Z), yamaganye ruswa, ubushomeri n’imiyoborere
mibi. Iyi myigaragambyo yabaye mu 2025 yasize ihiritse ubutegetsi bwari buriho,
ndetse abantu 76 bahasiga ubuzima.
Nubwo
Shah atari ku murongo wa mbere muri iyo myigaragambyo, yayishyigikiye ku
mugaragaro, bituma urubyiruko rumubonamo umuyobozi ushobora kuzana impinduka.
Nepal
ifite abaturage bagera kuri miliyoni 30, ariko iracyahura n’ibibazo bikomeye
birimo: Ubushomeri bukabije, ruswa ivugwa mu nzego zitandukanye, abaturage benshi
(hafi 20%) bari mu bukene, ndetse abagera ku 1,500 bava mu gihugu buri munsi
bajya gushaka akazi hanze.
Byongeye
kandi, iki gihugu kimaze igihe kirangwa n’ihindagurika rya politiki rikabije,
aho kuva mu 1990 kimaze kuyoborwa na Guverinoma zirenga 30, kandi nta n’imwe
yigeze irangiza manda yayo y’imyaka itanu.
Igihugu
cy’u Bushinwa cyamaze kwifuriza amahirwe ubuyobozi bushya bwa Nepal, cyizeza
gukomeza kuyishyigikira mu kurinda ubwigenge n’ubusugire bwayo.
Icyatumye
uyu mugabo arushaho kuvugisha benshi ni uko mbere yo kuba umunyapolitiki yari
azwi cyane mu muziki wa rap.
Ku
munsi umwe mbere yo kurahira, yashyize hanze indirimbo nshya yise “Jay
Mahakaali”, ivuga ku bumwe bw’Abanya-Nepal no kubaka igihugu.
Muri
iyo ndirimbo, agaragaza icyizere cy’ejo hazaza heza, aho aririmba ko “Nepal
itazongera gutinya” ndetse ko “ibyishimo bizagera muri buri rugo.”
Zimwe mu ndirimbo zamumenyekanishije harimo “Dozer’
yamugize icyamamare cyane, aho yavugaga ku iterambere ry’umujyi n’imiyoborere.
Anafite
indirimbo “Nepal Haseko” igaragaza icyizere cy’ejo hazaza heza h’igihugu cya
Nepal n’izindi.

Umuyobozi
w’ishyaka Rastriya Swatantra Party, Balendra Shah, agaragara ku mwanya wa
kabiri uhereye iburyo, ari kurahira ku mwanya wa Minisitiri w’Intebe mu muhango
wabereye i Kathmandu ku wa 27 Werurwe 2026 /Ifoto: AFP

Umuyobozi
wa Rastriya Swatantra Party, Balendra Shah, ugaragara ku mwanya wa kabiri
uhereye iburyo, ari kurahira nka Minisitiri w’Intebe
