Ni
inkuru yashimishije benshi mu bakurikiranira hafi ibikorwa by’uyu muhanzi,
nyuma y’uko ashyize ku mbuga nkoranyambaga amafoto agaragaza ibihe byihariye
yamusabiyemo urukundo rw’iteka umukunzi we, undi akabyemera.
Mu
butumwa bwuje amarangamutima, B-Face yavuze ko ibyo yari yarahoze arota ubu
byahindutse amasezerano y’urukundo agiye kubaho ubuziraherezo.
Yagize
ati: “Byari indoto none bibaye amasezerano. Byavuye mu kwibaza bihinduka
ubuziraherezo. Uyu munsi dutangiye urugendo rw’ibyiza turi kumwe. Inseko yawe
nziza, umutima wawe mwiza n’ibihe byiza twasangiye byose byarangiriye ku ijambo
rimwe wavuze: ‘Ego’. Reka dutangire urugendo rwacu uyu munsi. Ubukwe ni vuba.”
Uyu
muhanzi yanahishuye ko nubwo we n’umukunzi we bari bamaze igihe bakundana,
bahisemo kubigira ibanga mbere yo gufata umwanzuro wo kubisangiza abakunzi
babo.
Amakuru
akomeje gukwirakwira ku mbuga nkoranyambaga mu Burundi avuga ko Ada Nevine
asanzwe akomoka mu gace ka Musaga, mu Mujyi wa Bujumbura, ndetse ko we na
B-Face bamaze igihe mu munyenga w’urukundo mbere yo gufata icyemezo cyo
kwiyemeza kubana nk’umugabo n’umugore.
Amafoto
yashyizwe hanze agaragaza B-Face yapfukamye atera ivi rimwe imbere y’umukunzi
we, amwambika impeta mu muhango woroheje ariko wuzuyemo ibyishimo
n’amarangamutima.
Nubwo
ataratangaza itariki nyir’izina y’ubukwe, B-Face yahamije ko iminsi isigaye ari
mike kugira ngo asezerane imbere y’amategeko n’imbere y’Imana n’umukunzi we Ada
Nevine, bityo bagatangira ubuzima bushya bw’urugo.
Aya
makuru yakiriwe neza n’abakunzi b’uyu muraperi, benshi bamwifuriza imyiteguro
myiza no kuzagira urugo ruhire.


Nyuma yo kuvuga “Yego”, aba bombi batangiye urugendo rushya ruganisha ku kubaka urugo, mu bukwe umuhanzi yavuze ko butari kure

B-Face yerekanye amafoto y’ibihe by’amarangamutima byinshi ubwo yasabaga Ada Nevine kuzamubera umugore, undi akabyemera


“Byari indoto none bibaye amasezerano,” ni amagambo B-Face yakoresheje nyuma yo kwambika impeta umukunzi we Ada Nevine



Amafoto yasangijwe abakunzi be agaragaza ibyishimo n’urukundo byaranze uyu muhango wihariye mbere y’ubukwe butegerejwe mu minsi iri imbere






