Uyu
muhango wa gakondo uzwi nka Kwanjula wari wateguwe ku rwego rwo hejuru,
witabiriwe n’inshuti n’imiryango yombi ndetse n’ibyamamare bitandukanye birimo
Carol Nantongo, Lydia Jazmine, Mudra, Ykee Benda, Martha Kay na Pasiteri
Aloysius Bugingo.
Abinyujije
ku mbuga nkoranyambaga, Levixone yagize ati: "Guhera uyu munsi, ndi uwe
kandi nawe ni uwanjye iteka ryose. Ijambo ntirishobora kugaragaza ibyishimo
mfite mu mutima ubwo nitegura kurushinga n’urukundo rw’ubuzima bwanjye.”
Akomeza agira ati “Ndashimira inshuti zanjye, umuryango wanjye ndetse na MTN Uganda ku nama,
amasengesho n’ubufasha banyeretse muri uru rugendo rwiza. Imana ibahe umugisha
udasanzwe."
Yongeyeho
ko kuri uyu wa Gatanu, tariki 15 Kanama 2025, ari bwo bazasezerana imbere
y’Imana, aboneraho gutumira buri wese ushaka kuba umutangabuhamya w’uwo munsi
w’amateka.
Ibirori
by’ubu bukwe bizanyuzwa bwa mbere ku rubuga rwa YoTV App ku giciro cya 4,000/=,
aho abatari bubashe kwitabira bazabasha kubikurikira mu buryo bwa Live.
Levixone
na Desire bamaze imyaka myinshi bavugwaho urukundo n’ubwo kenshi bagiye
baruhakana. Gusa uyu muhango wabaye ikimenyetso cyemeje urukundo rwabo ku
mugaragaro, bitera ibyishimo abakunzi babo.
Uyu
munsi ukaba ubarwa nk’intangiriro y’urugendo rushya rwabo nk’umugabo n’umugore,
bakaba basabiwe kubana mu mahoro n’umugisha.
Levixone
ni umuramyi n’umwanditsi w’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana ufite
inkomoko mu Rwanda ariko umaze imyaka myinshi abarizwa muri Uganda.
Azwi
cyane mu ndirimbo nka Turn the Replay, Chikibombe, Mbeera n’izindi zakunzwe mu
karere. Yatangiye umuziki akiri muto, akura ari umwe mu bahanzi b’imbere mu
gihugu cya Uganda mu njyana ya Gospel, kandi akunda gukora ibikorwa by’ubufasha
ku batishoboye, cyane cyane abana b’imfubyi.
Desire
Luzinda ni umuririmbyi w’umugandekazi wamenyekanye cyane mu njyana ya RnB na
Afrobeat, ariko mu myaka ya vuba aha akinjira mu muziki wa Gospel.
Yagiye
agaragara nk’umwe mu bahanzi b’igitsinagore bafite izina rikomeye muri Uganda,
azwi mu ndirimbo nka Ekitone, Equation n’izindi.
Uretse
umuziki, azwi kandi nk’umuterankunga w’imishinga ifasha abakobwa n’abagore mu
iterambere, ndetse afite isura izwi cyane mu bitangazamakuru byo muri Uganda.
Levixone
yasabye anakwa umukunzi we Desire Luzinda mu birori byabaye kuri uyu wa Kabiri
tariki 12 Kanama 2025
Desire
Luzinda yavuzwe mu rukundo na Levixone mu bihe bitandukanye kugeza ubwo
biyemeje kubana
Levixone yavuze ko yiteguye gukomeza gukunda no kwita kuri Desire Luzinda