Uyu
mukobwa wubatse izina mu gihugu cya Afurika y’Epfo, aho asanzwe abarizwa,
azanye ubutumwa bwo gukangura abantu kwizera no kwiyegurira Imana, binyuze mu
ndirimbo ze zifite ubutumwa bukomeye bwo gukiza no guhumuriza imitima.
Esther
wa Mende azwi nk’umuhanzi ufite ubuhamya bukomeye mu muziki wa Gospel, akaba
yaratangiye umurimo we wo kuririmba afite intego yo gufasha abantu
gusobanukirwa imbaraga ziri mu kwizera Yesu Kristo.
Ni
umunyempano ukora indirimbo zubakiye ku butumwa bwo kuramya Imana no kwigisha abantu
guhinduka nyabwo mu buzima bwabo.
Mu
ndirimbo ze zakunzwe cyane harimo ‘Jesus ne Change Pas’, ‘Ta Presance’,
‘Atombwame’, ‘Powerful’, ‘Songa Mbele’, ‘Saint Esprit’, ‘Jesus-Christ est Roi’
na ‘Nkolo Kumisama’, zose zigaragaza ubuhanga bwe mu guhuza amagambo y’ihumure
n’ijwi rituje ryuzuyemo imbaraga.
Minister
Esther wa Mende avuga ko intego ye atari ugukora umuziki nk’ubucuruzi, ahubwo
ari “gukoresha indirimbo nk’intwaro yo kugeza ubutumwa bwiza ku mitima
y’abantu, kugira ngo bahinduke kandi basubize ubuzima bwabo mu maboko y’Imana.”
Yagize
ati “Nifuza kubona abantu bahinduka binyuze mu ndirimbo. Imana yampaye impano
yo kuririmba kugira ngo abantu benshi bazamenye Kristo, bamenye ko imbaraga
z’umusaraba zitarashira.”
Uretse
ibyo, uyu muramyi wigaragaza nk’umukozi w’Imana wicisha bugufi, yashimiye cyane
abo bafatanya mu bikorwa bye bya buri munsi, barimo n’abanyamakuru bamuha
umwanya wo kugeza ubutumwa bwe ku bantu benshi.
By’umwihariko,
yashimiye Mc Jo uri mu bashinze Label ya ‘Fantastic’, avuga ko ari umwe mu
bantu bamuhora hafi mu rugendo rwe rwa muzika no mu bikorwa byo gutegura
ibitaramo bya gospel.
Ati: “Mc Jo ni umuntu ukomeye mu buzima bwanjye bw’ubuhanzi. Ni umufatanyabikorwa
unyereka ko umuziki wa Gospel ushobora gukorwa mu buryo bw’umwuga kandi
ukanagira ingaruka nziza ku bantu.”
Biteganyijwe
ko ibitaramo bye bizatangira mu ntangiriro z’umwaka utaha (2026), aho azasura
ibihugu bitandukanye, agasangira n’abaramyi b’ahantu hatandukanye,
by’umwihariko mu Rwanda aho yitezwe nk’umuramyi uzazana ubundi buryo bushya bwo
kuramya Imana mu buryo bwo ku rwego mpuzamahanga.
Mu
magambo ye ashimangira icyerekezo cye, Esther wa Mende avuga ko adashaka kuba
“umuhanzi usanzwe”, ahubwo “umukozi w’Imana ufite inshingano zo kuzana
impinduka mu mitima y’abantu binyuze mu bihangano bye.”


Esther
wa Mende ashimira abafatanyabikorwa bamufasha mu rugendo rwe rwa muzika,
by’umwihariko Mc Jo wamubaye hafi cyane
