Umunyezamu wa Mexique yatumye Brazil itakaza amanota, Algeria ntiyabashije kwihagararaho imbere y'u Bubiligi-AMAFOTO na VIDEO

Imikino - 18/06/2014 10:21 AM
Share:
Umunyezamu wa Mexique yatumye Brazil itakaza amanota, Algeria ntiyabashije kwihagararaho imbere y'u Bubiligi-AMAFOTO na VIDEO

Mu mukino wa kabiri wo mu itsinda A mu mikino ya nyuma y’igikombe cy’isi wahuje Brazil na Mexique, umunyezamu Guillermo Ochoa yabujije Brazil kubona amanota 3 kubera akazi katoroshye yakoze, bituma amakipe yombi anganya 0-0.

Guillermo Ochoa w’imyaka 28 usanzwe akinira AC Ajaccio, akaba yanatowe nk’umukinnyi witwaye neza kurusha abandi (Man of the match), uburyo yitwaye bwasubije inyuma amateka hagati y’aya makipe yombi, yari ataramara umwaka ahindutse.

Kuva mu mwaka w’2000, Mexique ni yo yatsinze Brazil inshuro nyinshi, aho mu mikino 12 bakinnye, Mexque yatsinze 6, banganya 2 n’aho Brazil itsinda 4 gusa.

Nyuma y’igihe Brazil idatsinda Mexique, yaje kongera kubikora mu mwaka w’2013, ubwo yayitsindaga ibitego 2-0 ibifashijwemo na Neymar ndetse na Jo.

Ibi byabaye nk’ibihinduye amateka hagati y’aya makipe, ariko mu mukino waraye ubahuje bongeye kunganya, mu gihe kunganyiriza muri Brazil kw’aya makipe yombi kwaherukaga mu mwaka w’1997.

Aya makipe n’ubwo yose ari abarizwa muri Amerika y’Epfo, aba mu mpuzamashyirahamwe y’umupira w’amaguru atandukanye, aho Brazil ibarizwa muri CANMEBOL, Mexique ikabarizwa muri CONCACAF.

AMAFOTO:

 Ochoa

Umunyezamu wa Mexique yagaruye umupira Tiago Silva yari atereje umutwe

Tiago

Ochoa

Aha na ho umunyezamu wa Mexique yakuyemo umupira washoboraga gutuma Paulinho atsindira Brazil igitego

Neymar

Umupira Neymar yatereye hejuru ya Rafael Marquez washoboraga kubyara igitego ariko umunyezamu Ochoa ntiyabyemeye

Ochoa

Uyu mupira Ochoa yawugaruriye mu murongo

Ochoa

Ochoa

Video 

GLT

Byari guteza impaka ariko ibyuma kabuhariwe bihita bizokemura

Gordon Banks

Umupira wa Neymar Ochoa yakuyemo wibukije bamwe umupira Gordon Banks yakuyemo utewe na Pele mu mikino y'igikombe cy'isi mu 1970

Pele

Neymar

Neymar na n'ubu ntiyumva uburyo Ochoa yakuyemo umupira we

Ochoa save

Paulinho na David Luiz bakekaga ko bagiye kubonera ikipe ya bo igitego, ariko Ochoa ababera ibamba

Neymar

Neymar yagerageje ibishoboka byose ngo yitware neza nk'uko baba babimwitezeho, ariko ntiyorohewe

Neymar

Neymar

Neymar

Neymar

Nyuma y'aho umupira yateye uciye ku ruhande rw'izamu gato, Neymar yahise yinjira mu izamu

Bernard

Bernard (20) yari agerageje kuba yafasha Brazil kwishimira igitego ariko biba iby'ubusa

Julio

Izamu rya Brazil ryari ririnzwe na Julio Cesar na ryo ntiryorohewe ariko

Neymar

Neymar agerageza gucenga Guardado

Brazil

Nta cyo umugabo yapfa kugeraho atiyushye akuya: Neyamar hanze y'ikibuga nyuma yo gukinirwa nabi, umutoza we Scolari akankamira umusifuzi

Jiovani

Jiovani Dos Santos wakinnye mu makipe nka FC Barcelona (yakuriyemo), Totthenham n'andi, yari yazonze cyane ba myugariro ba Brazil

David

Myugariro David Luiz wamaze kwerekeza muri PSG avuye muri Chelsea, yagerageje gushaka igitego ariko biranga

Oscar

Oscar (11) arwanira umupira na Hector Moreno mu gice cya mbere

Dani Alves

Guardado agerageza gucenga Dani Alves ahita amwambura umupira

Dani Alves

Dani Alves ku ikosa yakoreye Miguel

Ramires

Ramires ahatanira umupira na Guardado

Abafana

Abafana bo bari bahari ku bwinshi

Abafana

David

N'amarangamutima menshi, David Luiz aririmba indirimbo yubahiriza igihugu mbere y'uko umukino utangira

Neymar

Neymar we ashobora kuba yananiwe kwihanga asuka amarira

Marquez

Rafael Marquez kapiteni wa Mexique ashimira Umunyezamu Ochoa uburyo yitwaye mu mukino

Dani


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...