Kizabera
muri Kigali Conference and Exhibition Village ahazwi nka Camp Kigali (KCEV)
guhera saa kumi n’ebyiri z’umugoroba (6PM). Iki gitaramo ni kimwe mu bikomeje
gufata intera mu kwidagadurira k’urubyiruko rw’iki gihe, kizaba kiyobowe n’umunyarwenya
Ndaruhutse Merci uzwi nka Fally Merci ku mbuga nkoranyambaga.
Ni
igitaramo gishingiye ku gusetsa, gihuza abanyarwenya batandukanye barimo
ibyamamare n’abafite impano nshya, kikaba kigamije gufasha urubyiruko guseka,
gutuza no kugira ubuzima bwiza bwo mu mutwe binyuze mu buhanzi bw’urwenya.
Nyuma
y’umwaka urenga atarongera gukandagira mu Rwanda, Mpamire aragaruka asanganira
urukumbuzi rw’abamukunda. Yaherukaga gutaramira mu gitaramo cya Gen Z Comedy
Show cyabaye muri Nyakanga 2024, aho yigaragaje nk’umwe mu banyabigwi bafite
uburyo bwihariye bwo gusetsa bushingiye ku kwigana abarimu n’abayobozi
b’amashuri mu buryo bushimishije ariko bunigisha.
Mu
buryo bw’umwihariko, Mpamire akunzwe cyane n’urubyiruko kuko urwenya rwe rufite
ishingiro; arigisha, agasetsa, akanabibamo udukoryo dusekeje dufasha abantu
gutekereza no kuruhuka.
Mpamire
witwa Herbert Mendo Ssegujja ni umunyarwenya ukomoka muri Uganda, wamenyekanye
cyane mu myaka ya za 2010 kubera ubuhanga bwo gutera urwenya akigana abarimu
b’Abagande n’imyitwarire yabo ikakaye.
Yamenyekanye
nka “Teacher Mpamire” kubera uburyo yagiye akina akigana abarimu bafite igitugu,
yambaye ikote, afite ibitabo, byose abivanga n’ubuhanga bwo guhinduranya ijwi
n’icyongereza cy’urwenya.
Yize
kuri Makerere University aho yakuye ubumenyi mu itangazamakuru n’uburezi, nyuma
aza kujya mu Bufaransa kwiga ibijyanye na comedy mu ishuri rya École Nationale
de Théâtre i Paris.
Ubu
azwi muri Uganda no mu karere k’Afurika y’Iburasirazuba, ndetse amaze no
gukandagira ku rubyiniro mpuzamahanga harimo mu Burayi no muri Amerika.
Yamaze
igihe yitwa “Museveni comedian” kubera uburyo yakinaga yigana Perezida
Museveni, icyatumye avugwa cyane mu itangazamakuru ryo ku mugabane wa Afurika.
Gen
Z Comedy Show ni urubuga rwashyiriweho urubyiruko n’abakunzi ba comedy, aho
bahurira n’abanyarwenya bakomeye, bagaseka, bakanakura amasomo mu buryo burimo
ubuhanzi n’imyidagaduro.
Iki
gitaramo kigamije gufasha urubyiruko gukura mu bitekerezo, kuruhuka mu mutwe
(mental wellness), ndetse no kubona icyizere cy’ubuzima binyuze mu kwidagadura.
Mu
myaka itatu ishize, uruhererekane rw’ibi bitaramo babaye umuyoboro ku bahanzi
bato bashya mu ruganda rwa comedy, kibafasha kugaragaza impano zabo imbere y’imbaga
ndetse no guhura n’abamaze kubaka amazina akomeye.
Ikindi
kandi, binyuze ku bufatanye na MTN Rwanda biciye muri gahunda ya MTN Yolo, iki
gitaramo gifasha no mu guhanga udushya mu bijyanye no kugurisha amatike,
kigaragaza uko ikoranabuhanga rishobora gukoreshwa mu guteza imbere
imyidagaduro.
Teacher
Mpamire wo muri Uganda agiye kongera gutaramira i Kigali nyuma y’umwaka wari
ushize
Teacher Mpamire ategerejwe muri Gen-Z Comedy izaba tariki 10 Nyakanga 2025
Ibitaramo bya Gen-z Comedy biterwa inkunga na Sosiyete y'Itumanaho ya MTN Rwanda