Samu Zuby ari ku rutonde rw’agateganyo
rw’abakandida bemejwe ku mwanya w’umudepite uhagararira urubyiruko rwasohotse
kuri uyu wa Mbere tariki 17 Kanama 2026.
Kuri iyi nshuro, uyu munyarwenya
avuga ko agarutse afite icyizere cyo gutsinda, ndetse ko ubunararibonye yakuye
mu matora aheruka ari kimwe mu byatumye adacika intege.
Mu kiganiro cyihariye yagiranye na
InyaRwanda, Samu yavuze ko icyemezo cyo kongera kwiyamamaza yagifashe ashingiye
ku cyizere afite cyo gutanga umusanzu mu iterambere ry’igihugu.
Ati: “Kubera ko mfite indangagaciro
zo gukunda igihugu, bwa mbere sinifata nk’uwatsinzwe. Bwa mbere ntsindwa,
sinigeze ncika intege, ahubwo nabifashe nka ‘experience’ yo kwibwira bagenzi
banjye bakamenya uwo ndiwe. Sinzigera ncika intege mu gutanga umusanzu
w’icyateza imbere igihugu cyanjye.”
Mu 2024, Samu Zuby yari mu
rubyiruko rwahataniye guhagararira bagenzi babo mu Nteko Ishinga Amategeko.
Icyo gihe ariko ntiyagize amahirwe, kuko yatsinzwe ku majwi, aho yabonye ijwi
rimwe gusa.
Nubwo icyo gihe bitamuhiriye, Samu
ntiyaretse ibikorwa bye byo gutanga umusanzu mu rubyiruko no mu gihugu muri
rusange. Ahubwo yafashe ibyabaye nk’ubunararibonye bwamufashije kumenya neza
uko inzira y’amatora imeze no kurushaho kumenyekanisha ibitekerezo bye.
Kuri iyi nshuro, yongeye gutanga
kandidatire, avuga ko yiteguye guhagarara imbere y’inteko itora, akagaragaza
impamvu yumva akwiriye guhabwa amahirwe yo guhagararira urubyiruko.
Biteganyijwe ko mu minsi iri imbere
Samu Zuby n’abandi bakandida bazagaragara imbere y’inteko itora, aho bazahabwa
umwanya wo kwiyerekana no kugaragaza ibyo bazakorera urubyiruko. Ni muri icyo
gikorwa kandi hazamenyekana uzatorerwa guhagararira urubyiruko mu Nteko Ishinga
Amategeko.
Samu Zuby si mushya mu ruhando
rw’imyidagaduro. Yamamaye cyane mu bitaramo bya Gen-Z Comedy, aho urwenya rwe
rwamuhesheje gukundwa n’abatari bake mu rubyiruko.
Afatanyije na mugenzi we Seth,
bashinze itsinda ry’urwenya ryitwa Zuby Comedy, bakomeza gukora ibikorwa
bitandukanye bigamije gusetsa no kwishimisha urubyiruko.
Ariko hanze y’urwenya, Samu afite
n’umwuga mu bijyanye n’itangazamakuru n’uburezi. Kuri ubu ni umwarimu muri East
Africa University, aho yigisha abanyeshuri bo mu mwaka wa mbere amasomo ajyanye
n’itangazamakuru.
Ubumenyi afite mu itangazamakuru ni
bumwe mu buryo yagiye yifashisha mu bikorwa bye, haba mu gusabana n’urubyiruko,
mu gutanga ibitekerezo ndetse no mu bikorwa bye byo gusetsa.
Mu 2023, Samu Zuby yarangije
icyiciro cya kabiri cya kaminuza mu Itangazamakuru muri Institut Catholique de
Kabgayi (ICK), i Muhanga.
Mu 2025, yakomereje amashuri muri
kaminuza ya ULK, aho yasoje icyiciro cya gatatu cya kaminuza, yiga Development
Studies.
Uru rugendo rw’amashuri, umwuga wo
kwigisha ndetse n’ibikorwa bye mu myidagaduro ni bimwe mu byagize uruhare mu
kumumenyekanisha mu rubyiruko.
Uzatsinda aya matora azasimbura
Depite Venuste Icyitegetse wari usanzwe uhagarariye urubyiruko muri uyu Mutwe
w’Abadepite.
Venuste Icyitegetse yeguye kuri izi
nshingano ku wa 11 Kamena 2026, avuga ko ari ku mpamvu ze bwite.
Kuva icyo gihe, hakomeje gutegurwa
inzira yo gushaka uzamusimbura, ari na yo mpamvu Samu Zuby n’abandi bakandida
bongeye gushyirwa ku rutonde rw’abifuza guhabwa amahirwe yo guhagararira
urubyiruko.
Kuri Samu, iyi si inkuru yo
gutsindwa cyangwa gutsinda gusa. Ni amahirwe yo kongera kugerageza, nyuma yo
gutwara isomo mu 2024 no gukomeza kwiyubaka mu myuga itandukanye.
Ubu amaso ahanzwe ku munsi
w’amatora, ubwo Samu Zuby n’abandi bakandida bazahabwa umwanya wo kwisobanura
imbere y’inteko itora.
Uzabasha kwigarurira amajwi menshi ni we uzahabwa inshingano zo kuba ijwi ry’urubyiruko mu Nteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda.

Samu ari ku rutonde rw’abakandida bemejwe by’agateganyo ku mwanya w'umudepite uzahagararira urubyiruko mu nteko ishinga amategeko

Samu Zuby yavuze ko amatora yo muri 2024 yamusigiye ubumenyi no kwibwira bagenzi be icyo ashoboye

Muco Samson uzwi nka Samu Zuby agaragara
ku mwanya wa 20’ mu bakandida bemejwe by’agateganyo mu matora yo gusimbura
uwari umudepite uhagarariye urubyiruko mu Nteko Ishinga Amategeko
