Umunyarwenya Rusine yatangiye gukora kuri Kiss Fm

Imyidagaduro - 03/10/2022 10:04 AM
Share:

Umwanditsi:

Umunyarwenya Rusine yatangiye gukora kuri Kiss Fm

Umunyarwenya Rusine Patrick uri mu bagezweho muri iki gihe yatangiye imirimo mishya, aho kuri ubu ari umwe mu banyamakuru ba Radio Kiss Fm.

Kuva kuri uyu wa Mbere tariki 3 Ukwakira 2022, Rusine Patrick yumvikanye ku ndangururamajwi za Kiss Fm yumvikanira kuri 102.3 Fm. Yakoranye ikiganiro ‘Breakfast with the stars’ na Sandrine Isheja ndetse na Andy Bumuntu.

Muri iki kiganiro, Rusine yavuze ko yakuze ashaka kuba umunyarwenya, kandi agahora yifuza ‘guhora iruhande rw’umuntu ukundira ibyo akora’. Ati “Umuntu ukuruta ariko akakuganiriza nk’aho muri kumwe."

Sandrine Isheja yavuze ko ‘Kuva uyu munsi mu kiganiro cya mugitondo tuzajya tuba turi batatu’. Ati “Ikaze kuri Rusine."

Uyu munyarwenya yavuze ko akabije inzozi, kuko yahoze yifuza guhurira ku ndangururamajwi imwe na Sandrine Isheja Butera.

Uyu musore ni umwe mu batangiranye na Radio Power Fm ya Unlce Austin ari nayo yakoragaho.

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere, Power Fm yashyize kuri Twitter ubutumwa bushimira Rusine umusanzu we mu rugendo rw’iterambere rw’iyi Radio. Bamwifuriza ishya n’ihirwe mu rugendo rushya rw’ubuzima yakomerejemo. 

Bati "Rusine, turagushimira ubunyamwuga n'ubwitange wagaragaje mu biganiro bya Power Fm. Tukwifurije amahirwe mu bindi werekejemo."

Ku wa Gatandatu tariki 22 Gashyantare 2022, nibwo Uncle Austin yagiranye ikiganiro n’itangazamakuru atangaza ko yashinze Power Fm nyuma yo gusezera kuri Kiss Fm.

Nyuma y’iminsi micye, ku wa 1 Werurwe 2022 yagaragaje abanyamakuru bazafatanya nawe muri uru rugendo barimo Rusine Patrick.

Rusine avuye kuri Power FM nyuma y’amezi umunani yari ashize ayikorera. Yakoraga mu kiganiro ‘Day Break’ yahuriragamo na Brenda [Umuvandimwe wa Miss Nishimwe Naomie] na Darius Capelo, usanzwe ari umushyushyarugamba mu bitaramo.

Rusine amaze iminsi yigwizaho abakunzi b’urwenya ahanini biturutse mu bitaramo bya Seka Live, yagiye ashimirwa mu buryo bukomeye akanahabwa amafaranga.

Aherutse gukora igitaramo cye cya mbere yise ‘Inkuru ya Rusine’, kandi akunzwe cyane mu ruhererekane rwa filime y’urwenya yitwa ‘Mugisha na Rusine’ akorana na Mugisha Emmanuel wamamaye nka Clapton.

Rusine avuga ko iki gitaramo cya mbere cyamufunguriye amarembo menshi mu buzima bwe, bituma buri wese abona ko ari umunyarwenya wuzuye koko.

Ubwo yiteguraga iki gitaramo, yakoze imyitozo mu gihe cy’iminota 45’ ariko ubwo yari ku rubyiniro yataramiye abantu mu gihe cy’amasaha abiri (2).

Muri iki gihe, Rusine arajwe ishinga no gusoza amasomo ye muri Kaminuza aho ari mu mwaka wa kane mu ishami ry'ubuzima bwo mu mutwe n'Ubumenyamuntu, kandi muri uyu mwaka azandika igitabo cye gisoza amasomo.

 

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere, Rusine yumvikanye ku ndangururamajwi za Kiss Fm 

Rusine azajya akora mu kiganiro ‘Breakfast with the Stars’ azajya ahuriramo na Sandrine Isheja na Andy Bumuntu 

Power Fm yasezeye kuri Rusine wari umaze amezi umunani ayikorera, bamwifuriza ishya n’ihirwe 

Rusine aherutse gukora igitaramo cye cya mbere yise ‘Inkuru ya Rusine’ aho yakoze igihe cy’amasaha ibiri 


Andy Bumuntu na Sandrine bahaye ikaze Rusine kuri Kiss Fm


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...