Mu
kiganiro yagiranye na InyaRwanda, Joseph w’imyaka 23 y’amavuko yavuze ko iyi
filime ari intangiriro y’urugendo rwe rushya rwo gukora filime ze bwite nyuma
y’imyaka 5 amaze mu mwuga wo gusetsa abantu.
Uyu
musore yasoje amashuri yisumbuye mu bijyanye na ‘Electronic Services’ mu 2022,
ariko akaba yarahisemo gushyira imbaraga nyinshi mu myidagaduro.
Joseph
yabwiye InyaRwanda, ko yise iyi filime Petit Frère bitewe n’uko inkuru yayo
ishingiye ku mukinnyi ukina ari murumuna we. Inkuru igaruka ku buryo uyu
murumuna we aba atekerereza inshuti ye yitwa David, hanyuma ibyo atekerereje
bigatangira kugaragara nk’ukuri mu buzima bwabo bwa buri munsi.
Ati:
“Nayise Petit Frère kuko inkuru yose igaruka kuri murumuna wanjye. Iyo urebye
neza, byose bishingiye ku byo abwira inshuti ye, bikaza kugaragara muri
filime.”
Joseph
avuga ko yagize intego yo kuzana impinduka mu buryo filime nyarwanda zikorwa,
kuko kenshi usanga zikinirwa ahantu hato hatandukanye n’ubuzima busanzwe.
Ati “Usanga filime nyinshi nyarwanda zikorerwa ahantu hato, nko mu nzu imwe
cyangwa mu rugo rumwe gusa. Njye nashatse gukora inkuru ishingiye ku buzima
busanzwe, mu isoko, mu rusengero, muri gare, mu muhanda nk’uko bigenda mu
buzima bwacu bwa buri munsi. Ibyo nibyo nashatse gushyira muri filime yanjye,
ariko nanashyiramo udushya tudakunze kugaragara muri sinema nyarwanda.”
Gisenyi nk’ahantu h’amateka n’isura nshya
Joseph
yahisemo gukorera filime ye yose mu Mujyi wa Gisenyi aho yavukiye, avuga ko
ashaka kugaragaza ko sinema nyarwanda itagomba guhora ikorerwa i Kigali gusa.
Yungamo
ati “Naribajije nti ese ni itegeko ko filime nyarwanda zose zikinirwa i Kigali?
Nshaka kwerekana ko no mu yindi mijyi y’u Rwanda harimo impano nshya n’amateka
akomeye. Ni yo mpamvu nahisemo gukorera filime ‘Petit Frère’ i Gisenyi kandi
nanjye ari ho mvuka.”
Avuga
kandi ko yashatse kwibutsa abanyarwanda baba mu mahanga, cyane cyane abavuka i
Gisenyi, ko bashobora kubona filime zibaganisha iwabo aho gukomeza kubona
izigaragaza Kigali gusa.
Joseph
avuga ko Petit Frère ari intangiriro, ariko afite gahunda ndende yo gukora
izindi filime nyinshi zizakomeza kugaragaza ubuzima bw’abanyarwanda n’udushya
tuzongera umwimerere muri sinema nyarwanda.
Asoza agira ati “Nashakaga intangiriro. Iyi ni filime yanjye ya mbere ariko si iya nyuma. Intego yanjye ni uko filime nyarwanda zigera ku rwego rwo kuba indorerwamo y’ubuzima bwacu bwa buri munsi, kandi zikajyana n’igihe.”
Joseph yahisemo Gisenyi ku ivuko rye aho gukorera i Kigali, yerekana ko sinema nyarwanda ishobora gukinirwa hose
Petit
Frère: Filime ya mbere ya Joseph, igaruka ku buzima busanzwe ariko avuga ko izanye
udushya muri sinema nyarwanda
Gisenyi
yabaye urubuga rwa mbere rw’urugendo rwa Joseph mu gukora filime no kugera ku ntangiriro
y’inzozi ze
Nyuma
y’imyaka 5 asetsa abantu muri Gen-z Comedy, Joseph yinjiye mu rugendo rushya
rwo gukora filime
Uyu
niwe wakinnye ari Mama wa David na Joseph. Mu buzima busanzwe yitwa Cyurinyana
Vestine, ni Umuyobozi mu Karere ka Rubavu, aho ashinzwe ubuhanzi
Munyemana
Cedrick wakinnye ari Murumuna wa Joseph muri filime ‘Petit Frere’
Nshaka
kwerekana ko si itegeko ko filime nyarwanda zose zikinirwa i Kigali” – Joseph
KANDA HANO UBASHE KUREBA FILIME ‘PETIT FRERE’ Y’UMUNYARWENYA JOSEPH