Umunyarwenya 5K Etienne yerekanye umukobwa bitegura kurushinga -AMAFOTO

Imyidagaduro - 12/01/2026 6:36 AM
Share:

Umwanditsi:

Umunyarwenya 5K Etienne yerekanye umukobwa bitegura kurushinga -AMAFOTO

Umunyarwenya Iryamukuru Etienne, uzwi cyane ku izina rya 5K Etienne, wamamaye mu itsinda ry’urwenya Bigomba Guhinduka, yatunguye benshi nyuma yo kwerekana umukunzi we, Uwizeyimana Josiane bari mu myiteguro yo kurushinga.

Ibi 5K Etienne yabigaragaje abinyujije ku rukuta rwe rwa Instagram mu ijoro ryo ku Cyumweru tariki ya 11 Mutarama 2026, aho yashyize amafoto agaragaza uyu mukobwa, ayaherekeza n’ubutumwa buryoshye bugaragaza urukundo rwinshi amufitiye.

Mu butumwa bwe, 5K Etienne yagaragaje uko amwiyumvamo, avuga ko kumutekereza bimugira mushya, kumurota bikamutera gusinzira neza, naho kuba bari kumwe bikamuha imbaraga zo kubaho.

Yavuze ko amukunda byimazeyo, atarinze gusiganwa n’undi muntu, ko buri munota w’umunsi awumarira mu rukundo no kumwitegereza, anasaba Imana ko iminota yagenda gahoro kugira ngo abashe kumarana igihe kinini n’uwo akunda.

Mu kiganiro yagiranye na InyaRwanda, 5K Etienne yatangaje ko amaze imyaka ibiri akundana na Uwizeyimana Josiane, ndetse ko imyiteguro yo kurushinga yamaze gutangira.

Yagize ati: “Uyu ni umukunzi wanjye nkunda cyane. Imyiteguro yo kurushinga irahari kandi si kure. Uko Imana izagenda idushoboza, ni ko tuzajya tugenda tubamenyesha, inshuti n’abavandimwe, kugira ngo mudushyigikire kandi mudusengere. Natwe twifuza gutera ikirenge mu cy’abantu batubanjirije bubatse imiryango ikomeye kandi ihamye.”

Aya makuru yashimishije abakunzi be benshi ku mbuga nkoranyambaga, bamwifuriza ibyiza muri uru rugendo rushya rwo kubaka umuryango.

Ni ubwa mbere 5K Etienne agaragaje mu ruhame umukunzi nyuma y’imyaka irenga itandatu ari mu rugendo rwo gususurutsa abantu binyuze mu rwenya.

Uyu musore aherutse gusoza amasomo y’icyiciro cya kabiri cya kaminuza (Bachelor’s Degree) muri Mount Kenya University.

Yasoje mu ishami rya Business and ICT, aho yari amaze imyaka itatu akurikirana amasomo ye. Mu gusoza, yamuritse umushinga yise "Player Injury and Medical Assistance Linkage -A Case Study of Rwanda Premier League", igamije gufasha mu gukurikirana amakuru ajyanye n’imvune z’abakinnyi b’umupira w’amaguru mu Rwanda.


Umunyarwenya 5K Etienne yatunguye benshi yerekana umukunzi we Uwizeyimana Josiane, bahamya ko urukundo nyarwo rwubakwa n’igihe, ukwizerana n’icyerekezo kimwe


Amafoto yashyizwe hanze na 5K Etienne agaragaza ibyishimo by’umutima wuzuye urukundo n’icyizere nyuma y’uko umukunzi we amwemereye kuzarushinga nawe 


5K Etienne yavuze ko yakunze uyu mukobwa byimazeyo, ibyatuma amusaba kunga ubumwe nk’abakundanye

KANDA HANO UREBE FILIME NSHYA 5K ETIENNE AHERUTSE GUSHYIRA HANZE


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...