Uyu
mwaka, European Film Academy yakiriye abanyamuryango bashya 640 baturuka mu
bihugu 50 byo hirya no hino ku Isi, bituma umubare w'abagize iri huriro ugera
ku banyamwuga ba sinema 5,700 bakomoka mu bihugu 60.
European
Film Academy ni umwe mu miryango ikomeye muri sinema y'u Burayi, ihuza
abakinnyi ba filime, abayobozi, abanditsi, abatunganya filime n'izindi nzobere
zifite uruhare rukomeye mu iterambere ry'uru ruganda.
Kwinjira
muri uyu muryango bifatwa nk'icyubahiro gikomeye kuko ubunyamuryango buhabwa
abantu bagaragaje ibikorwa bifatika kandi byamenyekanye mu rwego rwa sinema.
Mu
banyamuryango bashya binjiye muri iri huriro harimo amazina azwi muri sinema
mpuzamahanga arimo umunya-Norvège Joachim Trier, umwanditsi n'umuyobozi wa
filime wamamaye cyane, umunya-Belgique Lukas Dhont, ndetse n'umwongereza Mark
Cousins uzwi cyane mu gukora filime mbarankuru.
European
Film Academy yatangaje ko abanyamuryango bashya bakiriwe uyu mwaka bagizwe na
51% by'abagore, 48% by'abagabo na 1% by'abiyumva mu cyiciro cya ‘non-binary’,
ibintu bigaragaza uburyo uru rwego rugenda rwagura amahirwe ku banyamwuga
batandukanye.
"Non-binary"
ni ijambo rikoreshwa ku bantu batibona gusa nk'abagabo cyangwa abagore nk'uko
bisanzwe bisobanurwa mu miterere y'igitsina n'uburinganire. Hari abiyumva
hagati y'ibi byiciro byombi, cyangwa bakumva batabihuje na kimwe.
Nyuma
yo kwakirwa muri iri huriro rikomeye, Eliane Umuhire yagaragaje amarangamutima
ye abinyujije ku rukuta rwe rwa Instagram. Yagize ati: “Twishimire uru rugendo
rushya rushimishije. Murakoze cyane European Film Academy.”
Kwinjira
muri European Film Academy ni indi ntambwe ikomeye ku rugendo rwa Eliane
Umuhire muri sinema mpuzamahanga, aho amaze kubaka izina rikomeye binyuze mu
gukina filime zitandukanye zakunzwe ndetse zikanerekanwa mu maserukiramuco
akomeye ku Isi.
Uyu mukinnyi wa filime akomeje kuba umwe mu Banyarwanda bakomeje kuzamura ibendera ry'u Rwanda ku rwego mpuzamahanga, by'umwihariko mu ruganda rwa sinema, aho ibikorwa bye bikomeje kumuhesha icyizere n'icyubahiro mu nzego zitandukanye z'uyu mwuga.

Eliane
Umuhire wamamaye muri Djimon Hounsou wamamaye mu zirimo “Aquaman'', “Blood
Diamond'', “A Quiet Placey” n’izindi yashyizwe mu banyamuryango 640 ba ‘European
Film Academy’
Binyuze
muri filime n’ibindi bikorwa, Eliane Umuhire yagiye atwara ibihembo bikomeye
muri Sinema
