Mu itangazo ryashyizwe ahagaragara na Levante UD,
iyi kipe yatangaje ko yamaze kumvikana na Murenzi kugira ngo yongere imbaraga mu
ikipe yayo ya kabiri, Atlético Levante UD, izakina umwaka w’imikino utaha.
Aaron Murenzi wavukiye mu Bubiligi mu mwaka wa 2008, afite inkomoko mu Rwanda kuko ababyeyi be bombi ari Abanyarwanda, nubwo afite ubwenegihugu bw’u Bubiligi.
Uyu musore ukina hagati mu kibuga asatira izamu
azwiho ubuhanga bwo guhuza umukino no gutanga imipira ivamo amahirwe yo
gutsinda.
Nubwo akiri muto, Murenzi amaze kunyura mu mashuri
abiri akomeye cyane yo gutoza umupira w’amaguru mu Bubiligi, aho yatangiriye
muri RSC Anderlecht mbere yo gukomereza muri KRC Genk, imwe mu makipe azwiho
kuzamura impano z’abakinnyi bato.
Yakiniye amakipe y’abato y’u Bubiligi
gusa biracyashoboka ko yanakinira ikipe y’igihugu y’u Rwanda, Amavubi.


Umukinnyi ukomoka ku babyeyi b’Abanyarwanda, Aaron Murenzi, yasinyiye ikipe ya Levante UD yo mu cyiciro cya mbere muri Espagne
