Umunyarwanda, Mugabo Alfred yatangiye gukinira Arsenal y'abatarengeje imyaka 21

Imikino - 03/09/2012 12:00 AM
Share:

Umwanditsi:

Umunyarwanda, Mugabo Alfred yatangiye gukinira Arsenal y'abatarengeje imyaka 21

Umusore w’umunyarwanda w’imyaka 17; Mugabo Alfred ukinira ikipe ya Arsenal; ubu yatangiye gukinira Arsenal y’abatarengeje imyaka 21.  

Muri shampiyona y’uyu mwaka wa 2012/2013 muri England Premier League U21 (shampiyona y’abongereza y’abatarengeje imyaka 21); Arsenal imaze gutsinda imikino yayo yose uko ari 2.

Yatsinze Bolton 3-1 ku wa 20 Kanama; ndetse yongera gutsinda Blackburn; ubu ikaba ari yo ya mbere muri shampiyona y’abatarengeje imyaka 21 mu Bwongereza.

AMu kiganiro n’Izuba Rirashe ,uyu mukinnyi Mugabo Alfred  yavuze ko impamvu yagize amahirwe yo guhita avanwa mu ishuri ry’umupira w’amaguru rya Arsenal akajya mu ikipe y’abasimbura ya Arsenal; ari uko yagaragaye mu gikombe cy’isi cy’abatarengeje imyaka 17 cyabereye muri Mexique akinira u Rwanda.

Mugabo yagize ati “ Kuva twava muri mondial(igikombe cy’isi); umutoza Liam Brady wa Arsenal y’abatarengeje imyaka 21 yambwiye ko ntagomba gusubira muri academy kubera ubunararibonye nari mvanye mu gikombe cy’isi. »

Yakomeje agira ati : «  Amahirwe nagize ni uko Brady ari nawe wari diregiteri w’ishuri ry’umupira w’amaguru ryacu bituma anshyira muri Arsenal y’abatarengeje imyaka 21 nubwo bikingora kubona umwanya wo gukina; cyane cyane ko ifite abakinnyi banduta kandi bakomeye. Ariko mfite icyizere ko mu minsi iri mbere nzajya mbona umwanya yemwe nkabanza no mu kibuga.”

Mugabo yishimira urwo rwego amaze kugeraho ndetse akavuga ko igihe cyose u Rwanda ruzongera kumwiyambaza ngo arukinire azaza.

Arsenal y’abatarengeje imyaka 21 izongera gukina tariki ya 03 Nzel 2012 mu mukino wa gatatu na Everton.2

Source :Izuba rirashe


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...