Umunyamideli wavuyemo Dj! Inkuru ya Pinky wakurikiye inzozi ze kugeza avanze imiziki ku rubyiniro

Imyidagaduro - 24/05/2026 11:42 AM
Share:

Umwanditsi:

Umunyamideli wavuyemo Dj! Inkuru ya Pinky wakurikiye inzozi ze kugeza avanze imiziki ku rubyiniro

Mu buzima, hari abantu benshi bakura bafite inzozi ariko bakazikuraho amaboko bitewe n’igitutu cy’ubuzima, ibyo ababyeyi babifuzaho cyangwa se uburyo sosiyete ibarebamo. Gusa kuri Gloria Bobette Gahigana wamamaye nka Dj Pinky, inzozi ze ntabwo yazihaye icyuho cyo gusaza. Yazikurikiye gahoro gahoro kugeza zibaye ubuzima bwe bwa buri munsi.

Uyu mukobwa uri mu bagezweho ku mbuga nkoranyambaga kubera ‘Content’ zigezweho akoresha ikoranabuhanga rya AI, aho akunze kugaragara ahetse abantu cyangwa abateruye mu buryo butangaje, afite amateka y’urugendo rurerure rwamugejeje mu mwuga wo kuvanga imiziki.

Uyu munsi benshi bamumenya nka Dj Pinky, ariko mbere yaho yari umwe mu bakobwa bakoraga imideli ndetse yanahatanye mu irushanwa rya Rwanda Global Top Model.

Yakoraga kandi akazi ko kwakira abantu mu tubari no mu birori bitandukanye nka ‘Hosting’, ibintu byamuhaga amahirwe yo guhura n’abantu benshi no kwinjira mu buzima bw’imyidagaduro hakiri kare.

Nubwo yari ari muri ibyo byose, umutima we wari ufite indi ntego.

Mu kiganiro yagiranye na InyaRwanda Tv, Pinky yavuze ko kuva akiri muto yakundaga umuziki n’ibijyanye no kuvanga imiziki, gusa icyo gihe ntiyari azi neza ko bishobora kuzamubera umwuga.

Ati: “Nkiri umwana narabikundaga ariko ntabwo nari mbizi ko ari byo nzaba.”

Ni amagambo yumvikanamo umuntu wakuranye impano iri imbere muri we, ariko igihe cyo kuyimenya kikazaza nyuma.

Kimwe n’urubyiruko rwinshi, Pinky yakuriye mu muryango wari ufite inzozi zikomeye ku hazaza he.

Se yifuzaga ko yaba umunyamategeko, mu gihe nyina yamwifuzagaho kuzaba umuganga, cyane cyane kubera amanota meza yagiraga mu mibare n’ubugenge.

Ariko uko imyaka yagiye ishira, ni ko yatangiye kwisobanukirwa kurushaho.

Ati: “Papa wanjye yashakaga ko nzaba umunyamategeko, Mama wanjye yashakaga ko nzaba umuganga. Ariko ngiye gusaba ibyo nziga, nabwiye Papa nti ibintu ushaka ko nzaba biragoye.”

Aha ni ho ubuzima bwe bwatangiye gufata indi ntera. Ntabwo yahisemo guhatiriza umutima we gukora ibyo abandi bashakaga, ahubwo yatangiye gutekereza ku cyamushimisha kurushaho.

Mu rwego rwo gushaka inzira itamuvuna cyane ariko yamufasha gukora ibyo akunda, yabanje gutekereza kwiga ibijyanye n’ubukerarugendo. Icyakora na bwo ntiyigeze yumva bihuye neza n’ibyo umutima we ushaka.

Nyuma yo gusoza amashuri yisumbuye, yasanze igihe kigeze ngo afate umwanzuro ushobora guhindura ubuzima bwe. Ati: “Naravuze nti ese ko akazi kabuze na Hosting nkaba narayiretse, ndavuga nti uwakwigira mu bijyanye no kuba Dj.”

Ni icyemezo cyashoboraga gufatwa nk’igikomeye ku mukobwa wari umaze kunyura mu myuga itandukanye, ariko kuri we cyabaye intangiriro y’ubuzima bushya.

Mu gihe benshi bakibaza niba abakobwa bashobora kwitwara neza ku rubyiniro bavanga imiziki, Pinky yahisemo kujya imbere y’imbaga, afata ‘headphones’, yinjira mu mwuga, atangira urugendo rushya.

Uyu munsi, amaze umwaka umwe ari Dj. Ntabwo ari urugendo rworoshye, ariko ni urugendo agaragaramo icyizere cy’umuntu uri gukora ibyo akunda.

Kwamamaza ibikorwa bye ku mbuga nkoranyambaga nabyo byabaye kimwe mu byamufashije kwigaragaza. Usibye kuvanga imiziki, Pinky akunze gukora ‘Content’ zitandukanye, harimo izijyanye n’imirire ndetse n’izishingiye ku ikoranabuhanga rya AI zakunzwe cyane mu Rwanda no hanze yarwo.

Ni ibintu byatumye izina rye rikomeza kuzamuka mu buryo bwihuse, cyane cyane mu rubyiruko rukoresha cyane TikTok na Instagram.

Inkuru ya Dj Pinky ni imwe mu zigaragaza uburyo umuntu ashobora kunyura mu nzira nyinshi zitandukanye mbere yo kubona icyo yita gukora.

Yabaye umunyamideli, akora ‘Hosting’, yinjira mu gukora ‘Content’, ariko umutima we uza kurangamira ku kuvanga imiziki.

Hari aho ubuzima bumugeza akumva ibyo abandi bamwifuzaho bidahuye n’ibyo we ashaka kuba byo. Aho guceceka cyangwa kugendera ku byifuzo by’abandi gusa, yahisemo gutega amatwi umutima we.

Kuri benshi bamukurikira uyu munsi, Dj Pinky ashobora kuba ari umukobwa ugezweho ku mbuga nkoranyambaga.

Ariko inyuma y’ayo mashusho n’amafoto, harimo umukobwa wakoze urugendo rwo kwimenya, gufata ibyemezo bikomeye no gukurikira inzozi ze kugeza zibaye impamo.


Papa yashakaga ko aba umunyamategeko, Mama weifuza ko yaba umuganga; ariko Gloria Bobette Gahigana yahisemo gukurikira inzozi ze zo kuvanga imiziki, ubu akaba amaze umwaka umwe akora nka Dj Pinky

Yabanje gukora imideli, Hosting no gukora Content ku mbuga nkoranyambaga, mbere yo gufata umwanzuro wo kwinjira mu mwuga wo kuvanga imiziki uri kumugira umwe mu bakobwa bagezweho muri entertainment nyarwanda

KANDA HANO UBASHE KUREBA IKIGANIRO CYIHARIYE TWAGIRANYE NA DJ PINKY


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...