Umunyamideli Ashley Robinson yiyahuye

Imyidagaduro - 05/06/2026 7:13 AM
Share:

Umwanditsi:

Umunyamideli Ashley Robinson yiyahuye

Polisi yo muri Zanzibar muri Tanzania yatangaje ko yamaze gusoza iperereza ku rupfu rw’umunyamerikakazi Ashley Robinson wari uzwi ku mbuga nkoranyambaga nka Ashlee Jenae, yemeza ko yiyahuye nyuma y’igihe kinini ahanganye n’ibibazo by’ihungabana ryo mu mutwe.

Ashley Robinson wari ufite imyaka 31 y’amavuko, yitabye Imana muri Mata 2026, nyuma y’ibyabereye muri hoteli ya Zuri Hotel iherereye muri Zanzibar, aho yari yagiye kuruhukira ari kumwe n’umukunzi we Joseph McCann.

Urupfu rwe rwabaye inkuru yavuzwe cyane ku mbuga nkoranyambaga no mu bitangazamakuru bitandukanye, aho hari hamaze iminsi havugwa amakuru anyuranye ku cyaba cyaramuhitanye.

Mu itangazo ryashyizwe ahagaragara ku wa Kane, Zuberi Chembera, Umuyobozi Wungirije w’Ishami rishinzwe Ubugenzacyaha muri Zanzibar, yavuze ko ibimenyetso byose byakusanyijwe n’abashinzwe iperereza byagaragaje ko Robinson yiyahuye kandi ko nta wundi muntu wagize uruhare mu rupfu rwe.

Yagize ati: “Twifashishije ubuhamya bwatanzwe, isesengura ryakozwe kuri telefone n’ibindi bikoresho by’itumanaho bya nyakwigendera ndetse n’iby’umukunzi we biteguraga kurushinga, twasanze yari amaze igihe afite ibibazo by’ihungabana ryo mu mutwe.”

Yakomeje avuga ko ubutumwa bugufi n’ibiganiro byari hagati ya Robinson n’abo yari hafi, byagaragazaga ko yakundaga kugaragaza ko afite ibibazo bikomeye byamuremereraga mu buzima bwa buri munsi.

Iperereza ryakozwe ryasohotse nyuma y’amezi abaturage n’abakoresha imbuga nkoranyambaga bibaza icyaba cyihishe inyuma y’urupfu rw’uyu mukobwa wari uzwi cyane ku mbuga za internet.

Mu makuru ya mbere yari yatangajwe na Polisi, havuzwe ko Robinson yiyahuye nyuma y’amakimbirane yari amaze kuba hagati ye n’umukunzi we Joseph McCann w’imyaka 45.

Polisi yavuze ko ku wa 8 Mata 2026 ahagana saa mbili n’iminota 55 z’ijoro, umwe mu bakozi ba hoteli wari mu kazi ko kugenzura ibyumba yageze ku cyumba cyari gifite nimero 25, asanga urugi rufunze ndetse n’imbere mu cyumba harimo umwijima udasanzwe.

Nyuma y’icyo gikorwa, Robinson yahise ajyanwa kwa muganga, ariko aza kwitaba Imana ku wa 9 Mata 2026 avurirwa mu Bitaro bya Ampola Hospital biherereye mu Karere ka Urban West muri Zanzibar.

Kugeza ubu, yaba umuryango wa Robinson cyangwa Joseph McCann wari waramwambitse impeta y’urukundo, ntibaragira icyo batangaza ku myanzuro y’iperereza yashyizwe ahagaragara na Polisi.

Ashley Robinson na Joseph McCann bari bageze muri Tanzania mu rugendo rw’ikiruhuko rwari rugamije no kwizihiza isabukuru y’amavuko ya Robinson yabaye ku wa 5 Mata 2026. Kuri uwo munsi ni na bwo McCann yari yamwambitse impeta amusaba ko bazabana nk’umugabo n’umugore.

Icyakora, ibyishimo byabo ntibyatinze kuko nyuma y’iminsi ine gusa uwo mukobwa yahise yitaba Imana, ibintu byasize benshi mu bamukurikiraga ku mbuga nkoranyambaga batunguwe kandi bafite ibibazo byinshi ku rupfu rwe.

 

Polisi ya Zanzibar yavuze ko umunyamideli Ashley Robinson yiyahuye nyuma yo guhangana n’ibibazo byo mu mutwe


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...