Otunnu w'imyaka 75, yabaye Umunyamabanga Mukuru Wungirije wa
Loni ndetse aba n'intumwa ya mbere yihariye y'uwo muryango ishinzwe kurengera
abana bibasiwe n'intambara.
Guverinoma ya Uganda yatanze ubutumwa bwo kumushyigikira ku
wa 25 Nyakanga 2026, ibinyujije mu ibaruwa yohererejwe Perezida w'Inteko
Rusange ya Loni n'Umuyobozi w'Akanama k'Umutekano.
Mu nyandiko yamutanzeho nk'umukandida, Uganda yagaragaje ko
Otunnu afite uburambe bw'igihe kirekire mu bijyanye na dipolomasi, amahoro
n'umutekano, ndetse ko yagize uruhare rukomeye mu gushyiraho uburyo buzwi nka straw
ballot, bukoreshwa n'Akanama k'Umutekano mu kugenzura ibitekerezo by'ibihugu
mbere yo gutora Umunyamabanga Mukuru wa Loni.
Olara Otunnu ni muntu ki?
Olara Otunnu ni umwe mu badipolomate bazwi cyane muri
Uganda.
Yigeze no kwiyamamariza kuba Perezida wa Uganda aturutse mu
batavuga rumwe n'ubutegetsi.
Ibyo yasezeranyije gukora naramuka atowe
Mu migabo n'imigambi yagejeje ku Muryango w'Abibumbye,
Otunnu yavuze ko azashyira imbere: kuvugurura inzego za Loni kugira ngo
zirusheho gukora neza, gushyira imbaraga mu gukemura amakimbirane n'intambara
zikomeje hirya no hino ku Isi, no gushyiraho uburyo bwo kugenzura no kuyobora
ikoreshwa ry'ubwenge buhangano (Artificial Intelligence) ku rwego mpuzamahanga.
Yavuze ko isi ikeneye Umuryango w'Abibumbye ushobora
guhangana n'ibibazo bishya birimo intambara, ihindagurika ry'ibihe n'iterambere
ry'ikoranabuhanga.
Azahangana n'abakandida batandatu
Nk’uko byatangajwe n’ikinyamakuru BBC News, Otunnu yinjiye
mu bahatanira uwo mwanya basanzwe barimo abakandida batandatu bakomoka muri: Chile,
Ecuador, Argentina, Costa Rica, Guyana, na Sénégal, aho uhagarariwe na Macky
Sall, wahoze ari Perezida w'icyo gihugu.
Mu bakandida bose barindwi, bane ni abagore, ibintu
byongereye icyizere cy'abifuza ko bwa mbere mu mateka Loni yayoborwa n'umugore.
Ni gute Umunyamabanga Mukuru wa Loni atoranywa?
Gutoranya Umunyamabanga Mukuru wa Loni bikorwa mu byiciro.
Nyuma y'ayo, hakurikiraho andi matora y'ibanga kugeza igihe
umukandida umwe abonye nibura amajwi icyenda, kandi nta gihugu na kimwe mu
bitanu bihoraho mu Kanama k'Umutekano (Leta Zunze Ubumwe za Amerika,
Ubwongereza, u Bufaransa, u Bushinwa n'u Burusiya) gikoresheje uburenganzira
bwo kuburizamo uwo mukandida (veto).
Iyo amaze kwemezwa n'Akanama k'Umutekano, izina rye
rishyikirizwa Inteko Rusange ya Loni kugira ngo imwemeze ku mugaragaro.
Afurika yaba ya igiye kubona undi Munyamabanga Mukuru?
Naramuka atowe, Olara Otunnu yaba abaye Umunya-Afurika wa
kabiri uyoboye Loni mu myaka ya vuba, nyuma ya Kofi Annan wabaye Umunyamabanga
Mukuru wa Loni kuva mu 1997 kugeza mu 2006.
Icyakora, abasesenguzi bavuga ko muri iki gihe hari igitutu
cyinshi gisaba ko uwo mwanya wajya muri Amerika y'Epfo (Latin America), kuko
ari ko karere kamaze igihe kirekire katarayobora uwo muryango. Hari kandi
n'abashyigikiye ko ari bwo bwa mbere mu mateka Loni yayoborwa n'umugore.
Nubwo ayo mahirwe agaragara ku bandi bakandida, kuba Uganda
yatanze Olara Otunnu nk'umukandida byerekana ko Afurika na yo ishaka gukomeza
kugira ijambo mu buyobozi bw'umuryango ukomeye kurusha indi ku rwego
mpuzamahanga.
