Umunya-Uganda Olara Otunnu yinjiye mu bahatanira kuyobora UN

Hanze - 28/07/2026 6:07 AM
Share:

Umwanditsi:

Umunya-Uganda Olara Otunnu yinjiye mu bahatanira kuyobora UN

Umunya-Uganda Olara Otunnu, umwe mu banyapolitiki n'abadipolomate bafite ubunararibonye ku rwego mpuzamahanga, yinjiye ku mugaragaro mu bahatanira kuba Umunyamabanga Mukuru mushya w'Umuryango w'Abibumbye (UN), asimbura António Guterres uzarangiza manda ye mu mpera za 2026.

Otunnu w'imyaka 75, yabaye Umunyamabanga Mukuru Wungirije wa Loni ndetse aba n'intumwa ya mbere yihariye y'uwo muryango ishinzwe kurengera abana bibasiwe n'intambara. Kuba Uganda yamutanze nk'umukandida byatumye aba umukandida wa karindwi winjiye muri iri rushanwa rihanzwe amaso n'ibihugu byo hirya no hino ku Isi.

Guverinoma ya Uganda yatanze ubutumwa bwo kumushyigikira ku wa 25 Nyakanga 2026, ibinyujije mu ibaruwa yohererejwe Perezida w'Inteko Rusange ya Loni n'Umuyobozi w'Akanama k'Umutekano.

Mu nyandiko yamutanzeho nk'umukandida, Uganda yagaragaje ko Otunnu afite uburambe bw'igihe kirekire mu bijyanye na dipolomasi, amahoro n'umutekano, ndetse ko yagize uruhare rukomeye mu gushyiraho uburyo buzwi nka straw ballot, bukoreshwa n'Akanama k'Umutekano mu kugenzura ibitekerezo by'ibihugu mbere yo gutora Umunyamabanga Mukuru wa Loni.

Olara Otunnu ni muntu ki?

Olara Otunnu ni umwe mu badipolomate bazwi cyane muri Uganda. Yabaye intumwa ya Uganda muri Loni, Minisitiri w'Ububanyi n'Amahanga wa Uganda mu gihe gito, Umunyamabanga Mukuru Wungirije wa Loni, ndetse anaba intumwa yihariye ya Loni ishinzwe abana bagizweho ingaruka n'intambara.

Yigeze no kwiyamamariza kuba Perezida wa Uganda aturutse mu batavuga rumwe n'ubutegetsi. Ubunararibonye bwe mu rwego rwa dipolomasi no gukemura amakimbirane ni bumwe mu bushingirwaho n'abamushyigikiye bavuga ko ashobora kuyobora neza Umuryango w'Abibumbye mu bihe isi ihanganyemo n'ibibazo byinshi.

Ibyo yasezeranyije gukora naramuka atowe

Mu migabo n'imigambi yagejeje ku Muryango w'Abibumbye, Otunnu yavuze ko azashyira imbere: kuvugurura inzego za Loni kugira ngo zirusheho gukora neza, gushyira imbaraga mu gukemura amakimbirane n'intambara zikomeje hirya no hino ku Isi, no gushyiraho uburyo bwo kugenzura no kuyobora ikoreshwa ry'ubwenge buhangano (Artificial Intelligence) ku rwego mpuzamahanga.

Yavuze ko isi ikeneye Umuryango w'Abibumbye ushobora guhangana n'ibibazo bishya birimo intambara, ihindagurika ry'ibihe n'iterambere ry'ikoranabuhanga.

Azahangana n'abakandida batandatu

Nk’uko byatangajwe n’ikinyamakuru BBC News, Otunnu yinjiye mu bahatanira uwo mwanya basanzwe barimo abakandida batandatu bakomoka muri: Chile, Ecuador, Argentina, Costa Rica, Guyana, na Sénégal, aho uhagarariwe na Macky Sall, wahoze ari Perezida w'icyo gihugu.

Mu bakandida bose barindwi, bane ni abagore, ibintu byongereye icyizere cy'abifuza ko bwa mbere mu mateka Loni yayoborwa n'umugore. Mu bahabwa amahirwe harimo uwahoze ari Perezida wa Chile Michelle Bachelet ndetse n'Umuyobozi Mukuru w'Ikigo Mpuzamahanga gishinzwe Ingufu za Nikereyeri (IAEA), Rafael Grossi.

Ni gute Umunyamabanga Mukuru wa Loni atoranywa?

Gutoranya Umunyamabanga Mukuru wa Loni bikorwa mu byiciro. Ku ikubitiro, Akanama k'Umutekano kagizwe n'ibihugu 15 gatangira gukora amatora y'ibanga azwi nka straw polls, aho abagize ako kanama bagaragaza uwo bashyigikiye. Aya matora ya mbere ateganyijwe gutangira ku wa 30 Nyakanga 2026.

Nyuma y'ayo, hakurikiraho andi matora y'ibanga kugeza igihe umukandida umwe abonye nibura amajwi icyenda, kandi nta gihugu na kimwe mu bitanu bihoraho mu Kanama k'Umutekano (Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Ubwongereza, u Bufaransa, u Bushinwa n'u Burusiya) gikoresheje uburenganzira bwo kuburizamo uwo mukandida (veto).

Iyo amaze kwemezwa n'Akanama k'Umutekano, izina rye rishyikirizwa Inteko Rusange ya Loni kugira ngo imwemeze ku mugaragaro.

Afurika yaba ya igiye kubona undi Munyamabanga Mukuru?

Naramuka atowe, Olara Otunnu yaba abaye Umunya-Afurika wa kabiri uyoboye Loni mu myaka ya vuba, nyuma ya Kofi Annan wabaye Umunyamabanga Mukuru wa Loni kuva mu 1997 kugeza mu 2006.

Icyakora, abasesenguzi bavuga ko muri iki gihe hari igitutu cyinshi gisaba ko uwo mwanya wajya muri Amerika y'Epfo (Latin America), kuko ari ko karere kamaze igihe kirekire katarayobora uwo muryango. Hari kandi n'abashyigikiye ko ari bwo bwa mbere mu mateka Loni yayoborwa n'umugore.

Nubwo ayo mahirwe agaragara ku bandi bakandida, kuba Uganda yatanze Olara Otunnu nk'umukandida byerekana ko Afurika na yo ishaka gukomeza kugira ijambo mu buyobozi bw'umuryango ukomeye kurusha indi ku rwego mpuzamahanga.


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...