Umunya-Niger Moctar yagarutse mu biganiro n’umukunzi we France Mpundu

Imyidagaduro - 03/04/2026 9:22 AM
Share:

Umwanditsi:

Umunya-Niger Moctar yagarutse mu biganiro n’umukunzi we France Mpundu

Moctar uri mu rukundo n’umuhanzikazi France Mpundu yongeye kugaruka mu Rwanda, aho yaherukaga mu mezi ane ashize mu rugendo rwarimo ibikorwa bye bwite no gusura umukunzi we bahuriye mu irushanwa rya ‘The Secret Storu 2025’.

Kuri uyu wa Kane, tariki ya 2 Mata 2026, Moctar yerekanye ko ageze i Kigali ashyira hanze ifoto imugaragaza ari ku Kibuga Mpuzamahanga cy’Indege cya Kigali i Kanombe.

Uyu musore wamenyekanye nyuma yo kwegukana irushanwa rya The Secret Story, aheruka mu Rwanda mu Ukuboza 2025, ubwo yasuraga France Mpundu, bamaze kumvikana ko bazabana akaramata.

Nubwo atatangaje impamvu nyamukuru imuzanye, Moctar yagaragaje ko yishimiye kongera gusubira mu Rwanda.

Urukundo rwa Moctar na France Mpundu rwatangiye kumenyekana ubwo bahuraga muri Afurika y’Epfo mu kiganiro cya The Secret Story 2025 cya Canal+.

Muri icyo gihe, France Mpundu yabaye uwa kane mu irushanwa, naho Moctar niwe wegukanye igihembo.

Uru rukundo rwashimangiwe ubwo Moctar yamwambikaga impeta y’urukundo, abigaragaza imbere y’imbaga.

Kuva icyo gihe, aba bombi bakomeje kugaragaza urukundo rwabo, bagakomeza gusura ibihugu byombi no gusabana igihe bahurira, bikurura benshi mu bakunzi babo ku mbuga nkoranyambaga.

Moctar, wegukanye ‘The Secret Story’, yongeye kugaruka i Kigali asura umukunzi we France Mpundu nyuma y’amezi ane


Urukundo rwa France Mpundu na Moctar rukomeje kwigaragaza, aho uyu musore yagarutse mu Rwanda ku wa 2 Mata 2026


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...