Kuri uyu wa Gatanu ni bwo hakinwe agace ka Gatandatu ka Tour du Rwanda 2026 kavuye i Rubavu gasorezwa i Musanze ku ntera y'ibilometero 84.
Ubwo isiganwa ryari rigitangira, abakinnyi babanje kugenda ibilometero 6 bitabarwa bari hamwe, nyuma babona gutangira gusiganwa. Abakinnyi bose bakomeje kugenda hamwe n’ubundi ku kilometero cya 15 Ribeiro wa Soudal, Zomermaand wa Picnic na Araya wa Eritrea bajya imbere.
Abakinnyi bari imbere baje kwiyongera ubundi Miguel Heidemann wa Rembe, yegukana amanota y'Umusozi wa Mbere yatangiwe ku Musozi wa Sashwara.
Umunyarwanda Uwiduhaye Mike w'Ikipe ya Benediction Banafrica Team yegukanye amanota ya sprint yatangiwe i Musanze mu Mujyi. Agace k’uyu munsi kasorejwe muri Sprint nk'uko byagiye bigenda n’ubundi mu tundi duce twinshi twa Tour du Rwanda y’uyu mwaka.
Einhorn Itamar wa NSN Development Team ni we wegukanye aka gace akoresheje amasaha abiri n’amasegonda 59, akurikirwa na Tarling Luke Finaly nawe wa NSN Development Team na Munoz Gabina Hodei wa Soudal Quick-Step Devo Team aho bose bakoresheje ibihe bingana.
Umunyarwanda waje hafi ni Mugisha Moise waje ku mwanya wa 15 akaba akinira Benediction Banafrica Team aho yakoresheje ibihe bingana n'iby’uwa mbere.
Kretschy Moritz ni we wakomeje kwambara umwambaro w’umuhondo. Umunyarwanda uza hafi ku rutonde rusange ni Niyonkuru Samuel wa Team Amani akaba ari ku mwanya wa 16 aho asigwa n'uwa mbere iminota ine n’amasegonda 59.
Tour du Rwanda 2026 izakomeza ku munsi w'ejo hakinwa Agace ka Karindwi aho abakinnyi bazahaguruka i Musanze berekeze kuri Kigali Pele Stadium banyuze i Gicumbi ku ntera y'ibilometero 147,2.

Umunya-Israel Einhorn Itamar yegukanye Agace ka Gatandatu ka Tour du Rwanda 2026





