Kuri uyu wa Mbere tariki ya 23 Gashyantare 2026 ni bwo hakinwe agace ka kabiri wa Tour du Rwanda 2026 irimo irakinwa ku nshuro ya 18 kuva igizwe mpuzamahanga. Aka gace karangiriye i Nyamata mu Karere ka Bugesera gasorezwa mu Karere ka Huye ku ntera y’Ibilometero 134,6.
Ubwo abakinnyi bari bahagurutse, babanje kugenda ikilometero kimwe mbere y’uko batangira gusiganwa. Nyuma y’iminota 8 abakinnyi batangiye gushaka kugenda ariko bagenzi babo bakabagarura. Ku kilometero cya 5 abakinnyi batatu aribo Heidemann ukinira Rembe, Martins ukinira Localiza na Erasmus ukinira Tshenol bahise bajya imbere bava mu bandi.
Umunyarwanda Uwiduhaye Mike ukinira Benediction nawe yagerageje kuva mu bandi ngo akurikire aba bakinnyi batatu bari bari imbere, gusa ntabwo byatinze yahise yongera gufatwa n’igikundi.
Uko iminota yagendaga Heidemann ukinira Rembe, Martins ukinira Localiza na Erasmus ukinira Tshenol bagendaga bongera intera yari hagati yabo n’igikundi kugeza n'aho hagiyemo iminota ibiri n’amasegonda 50.
Heidemann ukinira Rembe yaje kwegukana amanota ya mbere ya Sprint yatangiwe ku Ruhuha ku kilometero cya 53,4 akurikirwa na Erasmus ukinira Tshenol na Martins ukinira Localiza wabaye uwa gatatu.
Uko ibilometero byiyongeraga ariko intera hagati y’abakinnyi batatu b’imbere n’igikundi yatangiye kugabanyuka.
Heidemann ukinira Rembe nyuma yo kwegukana amanota ya Sprint yanegukanye amanota y'Umusozi wa Mbere yatangiwe i Nyamiyaga ku kilometero cya 83,9. Yakurikiwe na Martins ukinira Localiza naho Erasmus ukinira Tshenol aba uwa gatatu.
Martins yegukanye amanota y'Umusozi wa Kabiri yatangiwe i Gasoro akurikirwa na Heidemann naho Erasmus aba uwa gatatu. Ni mu gihe kandi Heidemann ukinira Rembe yongeye kwegukana andi manota ya Sprint yatangiwe i Nyanza akurikirwa na Erasmus na Martins.
Ubwo abasiganwa bari binjiye mu bilometero 25 bya nyuma intera y’ahagati y’abakinnyi batatu bari bari imbere n’igikundi yagabanyutse igera ku munota umwe n’amasegonda 30.
Uko isiganwa ryinjiraga mu bilometero bya nyuma igikundi cyagabanyije intera ubundi birangira gifashe ba bakinnyi batatu bari bari imbere kuva kare. Byarangiye agace ka Kabiri kegukanwe na Marti Soriano Pau w’imyaka 21 ukinira NSN Development Team akoresheje masaha atatu, iminota 10 n'amasegonda 10 n'amatsiyerise 30.
Yakurikiwe na Mulueberhan Henok wa Eritrea aho yamusize amatsiyerise abiri naho Cuylits Mauro wa Lotto-Groupe Wanty aba uwa gatatu akaba yasizwe amatsiyerise 13. Umunyarwanda waje hafi Nsengiyumva Shemu wa Team Rwanda akaba yaje ku mwanya wa 20 aho yarushijwe umunota umwe n'amasegonda 39.
Tour du Rwanda 2026 izakomeza ejo ku wa Kabiri hakinwa agace ka Gatatu aho abasiganwa bazahagurikira i Huye basoreze i Rusizi ku ntera y’Ibilometero 145,3.

Pau Marti yegukanye agace ka Kabiri ka Tour du Rwanda 2026















Abaturage mu bice bitandukanye by'u Rwanda baryohewe cyane n'Igare
