Mu itangazo rye ryo ku wa Gatandatu, Khamenei yavuze ko ibikorwa bya Amerika byo kurenga ku masezerano y’ubwumvikane byerekanye ko umukono wa Trump “utagifite agaciro kandi utizewe”. Yavuze ko Iran yakuye isomo rikomeye ku myitwarire ya Washington mu biganiro by’amahoro.
Aya magambo aje nyuma y’uko amasezerano yo guhagarika imirwano hagati ya Iran na Amerika atubahirijwe, bigatuma ibihugu byombi byongera kugirana ibitero bya gisirikare. Ibi byateje impungenge ko amakimbirane ashobora kongera gukura agahinduka intambara nini mu Burasirazuba bwo Hagati.
Khamenei yavuze ko abaturage ba Iran ndetse n’imitwe iyishyigikiye mu karere bafite “amasomo atazibagirana” bagomba kwereka Amerika, ashimangira ko igihugu cye kitazemera ibyo abona nk’ubushotoranyi cyangwa igitutu cya Washington.
Ku rundi ruhande, amakimbirane hagati y’impande zombi akomeje gukaza umurego. Iran na Amerika bikomeje gushinjanya kuba aribyo byatumye amasezerano y’amahoro asenyuka, mu gihe ibihugu byo mu karere bihangayikishijwe n’ingaruka z’iyi ntambara ku mutekano n’ubukungu bw’isi.
Abasesenguzi bavuga ko amagambo ya Khamenei agaragaza igabanuka rikomeye ry’icyizere hagati ya Tehran na Washington, mu gihe umuryango mpuzamahanga ukomeje gusaba ko habaho ibiganiro bigamije guhagarika imirwano.
