Ibi byabereye mu kiganiro yagiranye
na IGIHE Sports, aho yemeye ko ari mu rukundo ariko akirinda gutangaza amazina
y’umukobwa bakundana. Yavuze ko ari umukobwa mwiza kandi ko amushimira uburyo
amuba hafi mu buzima bwe bwa buri munsi.
Agace k’iki kiganiro Chriss Eazy
avugana n’umukunzi we kuri telefoni katangiye gukwirakwira cyane ku mbuga
nkoranyambaga, by’umwihariko kuri TikTok, aho bamwe mu bakoresha izi mbuga
bahise bahuza uwo mukobwa na Umuhoza Pascaline, bavuga ko ari we bashobora kuba
bari mu rukundo.
Ibi byakomeje kuvugwa cyane kuko
atari ubwa mbere amazina ya Chriss Eazy na Umuhoza Pascaline ahuzwa. Mu myaka
ibiri ishize, hagiye hagaragara amakuru n’ibihuha ku mbuga nkoranyambaga bivuga
ko aba bombi baba bakundana, nubwo nta n’umwe muri bo wigeze abyemeza cyangwa
ngo abihakane mu buryo bweruye.
Umuhoza Pascaline usanzwe uzwi
cyane nyuma yo guhatanira ikamba rya Miss Rwanda 2022, kuri ubu abarizwa muri
Poland, aho anakorera ibikorwa bitandukanye birimo no kuyobora ishami rya
Kigali Protocol muri icyo gihugu.
Nubwo benshi bakomeje gushimangira
ko umukobwa Chriss Eazy yahamagaye ari we, amakuru yizewe agera kuri InyaRwanda
agaragaza ko atari ko bimeze.
Mu kiganiro na InyaRwanda, Kayumba
Darina, inshuti ya hafi ya Umuhoza Pascaline ndetse wabaye Igisonga cya Kabiri
cya Miss Rwanda 2022, yahakanye yivuye inyuma ayo makuru.
Yagize ati: "N'ubwo abantu
bakomeje kubihuza ariko siko bimeze. Uriya mukobwa bavuganye si Umuhoza
Pascaline, ndetse ntabwo bigeze bakundana."
Aya magambo asa n’ashyira iherezo
ku byari bimaze iminsi bivugwa ku mbuga nkoranyambaga, aho benshi bari bamaze
gufata nk’ukuri ko Chriss Eazy n’Umuhoza Pascaline bari mu rukundo.
Nubwo kugeza ubu Chriss Eazy
ataratangaza uwo mukobwa yihebeye, amakuru yatanzwe n’inshuti ya hafi ya
Umuhoza Pascaline agaragaza ko umukobwa yumvikanye avugana n’uyu muhanzi mu
kiganiro atari we, ndetse ko nta mateka y’urukundo yigeze abahuza nk’uko
byakomeje kuvugwa n’abatari bake.
Icyakora, ibi ntibyabujije abakunzi
ba Chriss Eazy gukomeza kwibaza uwo mukobwa yaba ari we, cyane ko uyu muhanzi
yakomeje kubigira ibanga rikomeye, ibintu byarushijeho kongera amatsiko ku
buzima bwe bw’urukundo.
Ku ruhande rw’umuziki, Chriss Eazy
ari kwitegura gutaramira mu Karere ka Huye, ku wa Gatandatu tariki 20 Kamena
2026 mu gutangiza uruharerekane rw’ibitaramo bya MTN Iwacu Muzika Festival
bizabera mu Ntara zitandukanye z’u Rwanda.
Ibi bitaramo bigiye kuba ku nshuro ya Karindwi, bizaririmbamo kandi Ross Kana, Marina, Kevin Kade, Kenny Sol, Bushali, Davis D na Platini uzaba uhagarariye Dream Boys.

Umuhoza Pascaline wavuzwe mu rukundo na Chriss Eazy mu myaka ibiri ishize, byatangajwe ko atari we bavuganye mu kiganiro

Chriss Eazy aherutse kugaragaza ko ari mu rukundo n’umukobwa wamubaye hafi mu bihe byo kubura umubyeyi we

Umuhoza Pascaline muri iki gihe abarizwa muri Poland, ari naho akurikirana amasomo ye

Ku mbuga nkoranyambaga, Amafoto n'amashusho bya Chriss Eazy byahujwe na Umuhoza Pascaline, bamwe batekerezaga ko bakundana

Kayumba Darina wabaye igisonga cya Kabiri cya Miss Rwanda 2022, yatangaje ko nta rukundo rwigeze rubaho hagati ya Chriss Eazy na Umuhoza Pascaline
