Uyu muhango wabereye mu Mujyi wa
Kigali, aho imiryango y’impande zombi, inshuti n’abavandimwe bahuriye mu
byishimo byo guhamya urukundo rwari rumaze imyaka irenga ibiri rukura, rukagera
ku cyemezo cyo kubaka urugo.
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu
tariki 15 Kanama 2026, habaye umuhango wo gusaba no gukwa wabereye muri
Romantic Garden ku Gisozi, ukurikizwa no gusezerana imbere y’Imana mu rusengero
rwa ADEPR Ntora, ahantu hafite amateka yihariye kuri aba bombi kuko ari naho
berekaniwe nk’abagiye kurushinga ku wa 14 Ukuboza 2025.
Abari bitabiriye ibi birori
babibonagamo urukundo rwubakiye ku bwubahane, ubusabane n’indangagaciro
z’umuryango nyarwanda.
Mu muco usanzwe urangwa no
gushimira abaherekeje umuntu mu rugendo rw’ubuzima, David Giraneza yashimiye
ababyeyi, inshuti n’abavandimwe abaha impano zitandukanye, ndetse na Esther
Niyifasha abigenza atyo, agaragaza ko urugo rwiza rutangirira ku gushimira no
guha agaciro abantu.
Esther Niyifasha ni umukobwa
w’imyaka 26, umuhererezi mu bana umunani. Uretse kuba yarubatse izina mu muziki
gakondo, ni umwe mu rubyiruko rwahisemo guhuza amashuri n’impano.
Yize icungamari muri Kaminuza
Yigenga ya Kigali (ULK), nyuma akomeza amasomo ajyanye n’imicungire y’imishinga
muri Kaminuza ya Kigali (UoK), mu gihe yakomezaga urugendo rwo guteza imbere
inanga.
Mu myaka mike amaze mu muziki,
Esther yagaragaje ko inanga ishobora kurenga imbibi z’u Rwanda ikagera ku
ruhando mpuzamahanga. Muri Kanama 2024, yanditse amateka ubwo yitabiraga
iserukiramuco rya Kölbingen Festival mu Budage, aho yaserukiye umuco nyarwanda
binyuze mu gucuranga inanga.
Ku bamukurikiranira hafi, Esther si
umugore ucuranga gusa, ahubwo ni umwe mu bakomeje guhindura imyumvire
y’abakobwa n’abagore, abashishikariza kwitinyuka no kugaragaza impano zabo.
Yigeze kuvuga ko afite intego yo
gukomeza gusigasira umuco nyarwanda no gutanga ubutumwa bw’icyizere ku
rubyiruko, cyane cyane abakobwa.
Indirimbo ze zirimo “Urashoboye” na
“Urumuri” zigaragaza iyo ntego, aho ahuza inanga n’ibindi bikoresho bya muzika
nk’igitari, akerekana ko umuco ushobora kugendana n’ibihe bishya utatakaje
agaciro kawo.
Ubukwe bwa Esther Niyifasha na
Giraneza David ntibwabaye inkuru y’urukundo gusa, ahubwo bwabaye n’ikimenyetso
cy’urugendo rw’umukobwa wahisemo kubaka ejo hazaza he yubakiye ku muco, impano
n’indangagaciro.
Mu gihe atangiye ubuzima bushya
bw’urugo, abakunzi b’umuziki gakondo bakomeje kumubonamo umwe mu bantu bafite
uruhare rukomeye mu gusigasira no kumenyekanisha inanga ku Isi.
Kuri Esther, inanga si igikoresho
cy’umuziki gusa, ahubwo ni ururimi rw’umuco, ubutumwa bw’amahoro n’umurage
ugomba gukomeza kubaho no mu bihe bya none.
Uyu munsi, Esther Niyifasha yatangiye urugendo rushya nk’umugore, ariko kandi akomeza kuba umwe mu bahagarariye umuco nyarwanda, akawugeza kure, mu ndirimbo, mu inanga no mu buzima bwe bwa buri munsi.
Esther Niyifasha n’umugabo we Giraneza David bahamije isezerano ry’urukundo, batangira urugendo rushya rw’ubuzima nk’umugabo n’umugore
Nyuma y’imyaka irenga ibiri mu munyenga w’urukundo, Esther Niyifasha na Giraneza David bahisemo kubana akaramata
Umukirigitananga Esther Niyifasha n’umugabo we Giraneza David mu byishimo by’umunsi udasanzwe wanditse igice gishya mu buzima bwabo
Esther Niyifasha n’umugabo we Giraneza David bishimira intambwe nshya y’urukundo rwabo, nyuma yo guhamya isezerano ryo kubana akaramata
Urukundo rwabo rwageze ku rundi rwego: Esther Niyifasha na Giraneza David batangiye ubuzima bushya nk’umuryango
Umuhanzikazi mu njyana gakondo, Audia Intore uzwi mu ndirimbo zirimo nka ''Inyenyeri", 'Isimbi ryanjye" n'izindi ari mu bashyigikiye Esther Niyifasha n'umukunzi we
Papy Clever n'umugore we Dorcas bamamaye mu muziki w'indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana batashye ubukwe bwa Esther na David
Umuhanzi Albert Niyonsenga wamamaye mu ndirimbo nka "Uri Uwera", "Tuyobore" n'izindi zinyuranye
Esther Niyifasha ari kumwe na Musaza we wamushyikirije 'Muramu' we mu muhango wabereye ku Gisozi mu Mujyi wa Kigali
Esther Niyifasha yatangiye paji nshya mu buzima bwe, nyuma y'imyaka irenga itanu ari mu muziki gakondo
Umuhanzikazi w'indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Peace Hozy uzwi mu ndirimbo nka "Ruhuka", "Uganze" n'izindi
AMAFOTO: Yak Nations Images